Abahanzi bitegura kuririmba mu gitaramo cya nyuma cya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ basuye kandi batanga ubufasha ku bafite ubumuga babarizwa mu Ikigo ‘Ubumwe Community Center’ mu rwego rwo kubashyigikira mu mibereho yabo ya buri munsi.
Ni igikorwa bakoze kuri uyu wa Gatanu
tariki 18 Ukwakira 2023, mbere y’uko bataramira mu Karere ka Rubavu mu
Burengerazuba bw’u Rwanda, ari na cyo gitaramo cya nyuma giherekeza urugendo rw’ibi
bitaramo byabereye mu Ntara zitandukanye.
Ibi bitaramo byageze mu Turere turimo
Ngoma, Nyagatare, Rusizi, Huye, Bugesera n’ahandi mu rwego rwo gufasha
Abanyarwanda gususuruka. Ariko kuri iyi nshuro, ibi bitaramo ntibizagera muri
Kigali bitandukanye n’uko byagenze umwaka ushize.
Aba bahanzi bakora imyitozo yo
kuririmba bafashijwemo n’itsinda rya Symphony Band, ndetse hamwe na hamwe
bagiye bataramira bakoranaga Siporo n’abaturage.
Mu rwego rwo gusoza neza ibi bitaramo
byageze hirya no hino mu gihugu, aba bahanzi basuye abana babarizwa mu Ikigo ‘Ubumwe
Community Center’ cyita ku bafite ubumuga bo mu Karere ka Rubavu.
Uretse kubaha ibikoresho, aba bahanzi
basabanye n’abo mu rwego rwo kubagarurira icyizere cy’ubuzima. Batanze
ibikoresho birimo Amagare, Inkoni z’abatabona ndetse n’imbago; ariko kandi banabahaye
ibiribwa nkenerwa bya buri munsi.
Iki kigo gifasha abakabakaba 1000,
barimo ababuze ingingo ku mpamvu z’impanuka cyangwa uburwayi, n’abafite ubumuga
bwo mu mutwe.
Ibi bitaramo byahawemo akazi abahanzi
barindwi: Bruce Melodie, Ruti Joel, Danny Nanone, Bwiza, Kenny Sol, Bushali
ndetse na Chriss Eazy.
Ni ibitaramo bitangira guhera saa
sita z'amanywa. Ni mu gihe kwinjira ari ukwishyura 2,000 Frw mu myanya ya VIP,
ni mu gihe mu myanya isanzwe kwinjira ari ubuntu. Ariko kandi iyo ukanze *140#
cyangwa se *345# ubasha kugura itike yawe.
Abahanzi bari muri MTN Iwacu Muzika Festival batanze ibikoresho ku bafite ubumuga babarizwa mu Ikigo ‘Ubumwe community center’
Byari ibyishimo bikomeye ku banyeshuri ndetse n’abarezi babarizwa mu ikigo ‘Ubumwe community center (UCC)’ ubwo baganiraga n’abarimo Bruce Melodie
Kenny Sol yasabanye n'abana ndetse n'abarezi babarizwa muri iki kigo
Iki gikorwa cyateguwe na East African Promoters (EAP) n'abafatanyabikorwa bayo mu rwego rwo guhindura imibereho ya bamwe
Aba bahanzi bakoze iki gikorwa mu gihe bitegura gukora igitaramo cya nyuma giherekeza 'MTN Iwacu Muzika Festival'
TANGA IGITECYEREZO