RFL
Kigali

Uwari Perezida wa Burkina Faso yahiritswe ku butegetsi! Ibyaranze iyi tariki mu mateka

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:15/10/2024 8:34
0


Tariki ya 15 Ukwakira ni umunsi wa 288 w’umwaka ubura iminsi 77 ngo ugere ku musozo.



Ibintu biba byarabaye kuri iyi tariki mu myaka yashize ni byinshi cyane ariko uyu munsi, InyaRwanda yaguhitiyemo bimwe mu by’ingenzi bidateze kwibagirana mu mateka y’isi.

Bimwe mu byaranze iyi tariki mu mateka y’Isi:

879: Boson yabaye umwami wa Bourgogne.

1894: Jenerali Mercier, wari Minisitiri w’intambara mu Bufaransa yategetse ko kapitene Alfred Dreyfus afungwa nyuma yo kuvugwaho kumenera amabanga y’igisirikare cy’iki gihugu Abadage. Ibi byakozwe bahereye ku nyemezabwishyu yabonetseho umukono we muri ambasade y’Abadage i Paris.

1948: Shigeru Yoshida yabaye Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani.

1964: Alexis Kossyguine yabaye perezida w’inama y’abaminisitiri mu Busuwisi
1970: Anouar el-Sadate yabaye perezida wa Misiri.

1979: Benedikt Gröndal yabaye Minisitiri w’Intebe wa Islande.

1987: Muri Burkina Faso habaye ihirikwa rya Perezida wari uriho.

2003: Ilham Aliev yatorewe kuyobora Azerbaïdjan.

2012: Alvin Roth na Lloyd Shapley bahawe igihembo cyitiriwe Nobel mu icungamutungo.

Bimwe mu bihangange byavutse kuri iyi tariki:

1844: Friedrich Nietzsche, umufilozofe ukomoka mu Budage.

1915: Yitzhak Shamir, umunyapolitiki ukomoka muri Isiraheli.

1917: Arthur Schlesinger, Jr., umunyamateka ukomoka muri Amerika.

1968: Didier Deschamps, Umufaransa wabaye umukinnyi ukomeye mu mupira w’amaguru ubu akaba ari umutoza wawo.

1971: Andy Cole, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’Umwongereza.

1977: David Trezeguet, umukinnyi w’umupira w’amaguru mu Bufaransa warase penaliti ya nyuma yatumye iki gihugu kidatwara igikombe cy’Isi muri 2006. Kuri uyu mukino Zidane yahawemo ikarita itukura amaze gukubita Materazzi umutwe mu nda avuga ko amututse ku babyeyi be na mushiki we.

1988: Mesut Özil, umukinnyi wa footbal ubica bigacika ukomoka mu Budage.

2020: Ikipe ya Mukura Victory Sports yasinyanye amasezerano y’imyaka ine y’ubufatanye n’uruganda rwa Masita rwo mu Buholandi rwagombaga kuzajya ruyambika rukanayiha ibindi bikoresho.

Bimwe mu bihangange byitabye Imana kuri iyi tariki:

1389: Papa Urbain VI

1582: Thérèse wa Ávila, umutagatifukazi wamenyekanye cyane kubera kwitangira abakene.

1934: Raymond Poincaré, wabaye perezida w’u Bufaransa.

1945: Pierre Laval, wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa.

1987: Thomas Sankara, ufatwa nk’intwari ya Afurika wanabaye perezida wa Burkina Faso.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND