Mu mpera z’iki Cyumweru kirangiye shampiyona y’u Rwanda mu bari n’abategarugori yarakomezaga, ikipe ya Fatima ibona amanota atatu ibyananiye APR W FC na Police W FC.
Kuri iki Cyumweru ni bwo imikino ya Shampiyona mu
bagore yasozwaga aho hakinwe imikino ibiri. Umukino wa Mbere wabereye kuri
Stade Ubworoherane mu Karere ka Musanze, ikipe ya Fatima W FC ikaba yaratsinze Muhazi
WFC ibitego 4-2.
Undi mukino wakinwe ku Cyumweru, wakiniwe ku
kibuga cya Nyamirama warangiye Indahangarwa WFC ziguye miswi ubusa ku
busa na Police WFC.
Kuwa Gatandatu ni bwo imikino ya Shampiyona yatangiye gukinwa, aho hakinwe imikino ine. Mu Majyepfo ku kibuga cya Kamena, APR WFC yanganyije na Inyemera WFC ubusa ku busa.
Bugesera yatsindira i Mayange
AS Kigali WFC igitego 1-0, Mutunda WFC itsinda Forever GFC ibitego 2-0, nahi i Remera
Rukoma ikipe ya Rayon Spoers WFC itsindirayo Kamonyi ibitego 2-0.
Muhimpundu Diane wa Indahangarwa WFC ni we muzamu
ukomeje kwitwara neza kurusha abandi muri iyi mikino aho amaze gukina imikino
ibiri nta gitego arinjizwa. Ibi Diane abisangiye na Nyirabatoni Diane wa
Bugesera WFC ndetse na Uwase Betty wa Inyemera.
Abandi bazamu babashije gusoza umukino umwe batinjijwe
ibitego ni Maombi Joanna wa APR WFC, Musengimana Dalia wa Kamonyi WFC,
Mutuyimana Elizabeth wa Police WFC, Ndakimana Angeline wa Rayon Sports, Irakoze
Dania wa Mutunda na Mutoni Raisa wa Forever Girls Football Club.
Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’abagore mu Rwanda, usize Rayon Sports itozwa na Rwaka Claude ari iya mbere n’amanota atandatu, Bugesera ni iya kabiri n’amanota ane, Indahangarwa ni iza gatatu n’amanota ane, Inyemera n’iya kane n’amanota ane;
Fatima ni iya gatanu n’amanota ane, Kamonyi ni iya gatandatu n’amanota atatu, Mutunda ni iya karindwi n’amanota atatu, APR ni iya Munani n’amanota abiri, AS Kigali ni iya kenda n’inota rimwe, Police ni iya cumi n’inota rimwe, Forever G FC ni iya cumi na kabiri n’inota rimwe mu gihe Muhazi WFC ari iya nyuma nta nota na rimwe ifite.
Uko imikino yarangiye muri shampiyona y'abagore
Muhimpundun Diane mu bazamu bari kwitwara neza
Rayon Sports WFC niyo iyoboye ayandi muri shampiyona y'icyiciro cya mbere mu bagore
Graphics: @Idrissa
TANGA IGITECYEREZO