RFL
Kigali

Turi gukora ibyo dushoboye byose mu kurwanya iyi virusi – Perezida Kagame avuga kuri Marburg

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:9/10/2024 15:13
0


Perezida Paul Kagame yashimiye abantu bose bakoraniye i Kigali bitabiriye Inama yiga ku kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry'Isoko Rusange rya Afurika, by'umwihariko abaje mu Rwanda mu gihe ruhanganye n'icyorezo cya Marburg, gusa yizeza ko igihugu kiri gukora ibishoboka kugira ngo rugitsinde.



Abantu barenga 1200 bateraniye muri Kigali Convention Centre mu Nama ya Kabiri y’Ihuriro ry'Ubukungu rigamije kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA Business Forum), izwi nka Biashara Afrika.

Perezida Paul Kagame niwe watangije ku mugaragaro iyi nama y’ihuriro ribaye ku nshuro ya kabiri kuva ryatangizwa ku nshuro ya mbere mu Mujyi wa Cape Town muri Afurika y’Epfo muri Mata 2023.

Yashimiye abitabiriye Inama ya Kabiri y’Ihuriro ry'Ubukungu rigamije kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA Business Forum), izwi nka Biashara Afrika, by’umwihariko bakayitabira mu gihe Igihugu gihanganye n’Icyorezo cya Marburg.

Ati: “Ariko ndashaka kubashimira mwese kuba muri hano, ndashaka kubizeza ko u Rwanda ruri gukora ibyo dushoboye byose mu kurwanya iyi virusi, ariko ibyo twakora Byose ntabwo byatanga umusaruro tudafite ubufasha twahawe na Africa CDC n’abandi bafatanyabikorwa.”

Ku wa 27 Nzeri 2024 nibwo abarwayi ba mbere bagaragaye mu Rwanda. Kugeza ubu hakomeje gukorwa ibishoboka byose ngo iki cyorezo gihashywe, birimo no gukingira abafite ibyago byo kwandura.

Amakuru yashyizwe hanze n’iyi Minisiteri kuri uyu wa 8 Ukwakira 2024, agaragaza ko abamaze kwicwa n’iki cyorezo bose hamwe ari 13. Abagikize ni 14, mu gihe abamaze kucyandura bose ari 58.

Iyi nama y’iminsi itatu iteganyijwe kubera mu Mujyi wa Kigali ku wa 9-11 Ukwakira 2024.

Yitabiriwe n’abarimo abayobozi mu nzego za Leta n’iz’abikorera, abahagarariye ibigo by’ubucuruzi n’abashoramari, inzobere mu bijyanye n’ubucuruzi, ba rwiyemezamirimo b’urubyiruko n’abagore.

Isoko rusange rya Afurika (AFCFTA) ni ryo ryagutse ku Isi rihuza ibihugu 54 byo mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’indi miryango y’ubukungu itandukanye.

Kugeza ubu ibihugu 47 ni byo byamaze kwemeza ayo masezerano, mu gihe u Rwanda ruri mu bihugu birindwi bya mbere byatangiye gukorana ubucuruzi biyifashishije.

U Rwanda rwihaye intego yo kubyaza umusaruro AFCFTA, rukabijyanisha no kwihutisha iterambere ku buryo nk’ibyoherezwa mu mahanga bizava kuri miliyari 3,5$ bikagera kuri miliyari 7,3$.

Ku wa 27 Nzeri 2024 nibwo abarwayi ba mbere bagaragaye mu Rwanda. Kugeza ubu hakomeje gukorwa ibishoboka byose ngo iki cyorezo gihashywe, birimo no gukingira abafite ibyago byo kwandura.


Perezida Kagame yatanze icyizere cyo gutsinda icyorezo cya Marburg


Iyi nama yiga ku kwihutisha amasezerano y'Isoko Rusange rya Afurika yitabiriwe n'abarenga 1200





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND