Ni kenshi humvikana inkuru z'abishwe cyangwa abatotejwe bahorwa imyizerere yabo. Ni muri urwo rwego rero Abakristo bagirwa inama yo kwirinda kugenda mu bihugu bimwe na bimwe kubera akaga bashobora kubiboneramo.
Hirya no hino ku isi,
abakristo barenga miliyoni 365 bahura n'ibibazo byinshi bishingiye ku itotezwa
n'ivangura bazira kwizera Yesu/Yezu. Abo, ni abakristo bagera kuri 1/7 ku isi
yose, ukurikije urutonde rwitwa 'World Watch List' rutegurwa na Open Doors.
Ibibazo by'itotezwa
n'urugomo bikorerwa abakristo nubwo bigaragara henshi ku isi ariko hari aho
usanga bikabije cyane, aho biva ku rwango no gushyirwa mu kato, bakamburwa
uburenganzira ku bintu by'ibanze nk'amazi, ibiribwa, serivisi z'ubuvuzi
n'ibindi. Bamwe mu bahura n'iri hohoterwa rikabije barafungwa abandi bakicwa.
Raporo y'uyu mwaka rwa
'World Watch List' rwagaragaje ibihugu 50 bigoye cyane kubamo cyangwa kugendamo
uri umukristo. Yakozwe n'itsinda ry'inzobere, rugenzura n'umuryango uzobereye
mu bwisanzure bw'amadini.
Iyi raporo kandi, igaragaza ishusho nyayo y'ingorane abakristo batotezwa bahura na zo ku isi
hose. Open Doors imaze imyaka 30 ishyira hanze iyi raporo buri mwaka.
Hano, hari ibihugu 10 byo
muri Afurika biteje akaga ku bakristo mu 2024:
Rank |
Country |
Score |
1 |
Somalia |
93 |
2 |
Libya |
91 |
3 |
Eritrea |
89 |
4 |
Nigeria |
88 |
5 |
Sudan |
87 |
6 |
Mali |
79 |
7 |
Algeria |
79 |
8 |
Burkina Faso |
75 |
9 |
Mauritania |
72 |
10 |
Morocco |
71 |
TANGA IGITECYEREZO