RFL
Kigali

Ubutumwa bwa Tom Close uri ku ruhembe rw'umuheto mu guhangana n'icyorezo cya Marburg

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:8/10/2024 13:30
0


Dr. Muyombo Thomas uri mu itsinda ry’abaganga bashinzwe kurwanya Icyorezo cya Marburg mu Rwanda yasabye abaturarwanda gukaza ingamba zo kucyirinda, barushaho kwimakaza isuku no kwirinda kwegerana n’uwagaragaje ibimenyetso.



Umuhanzi akaba n’Umuyobozi w’Ishami rishinzwe gutanga amaraso mu gihugu mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, Dr. Muyombo Thomas wamamaye ku mazina ya Tom Close mu muziki, yibukije Abaturarwanda bose gukaza ingamba zo kwirinda icyorezo cya Marburg gikomeje kwibasira cyane abakora mu nzego z’ubuvuzi.

Yagize ati: “Nk’umwe mu bari ku ruhembe rw’umuheto mu guhangana n’iyi virusi, ndi mu bafite ibyago bikomeye byo kuba nakwandura. Igikorwa cyo gukingira abakora kwa muganga ni ingenzi, kuko gituma dukomeza kwita ku banduye iyi virusi, tugabanya ibyago byo kwanduzwa na bo. Niyo mpamvu nanjye nafashe iya mbere nkikingiza kugira ngo nongere ubwirinzi bw’umubiri wanjye.”

Dr. Muyombo yakomeje agira ati: “Tuributsa Abaturarwanda bose gukomeza ingamba zo kwirinda iki cyorezo; bita ku isuku, birinda kwegera uwagaragaje ibimenyetso, ndetse igihe cyose bamubonye bakihutira guhamagara 114 kugira ngo ababishinzwe baze bamwiteho.”

Ku Cyumweru tariki 6 Ukwakira 2024, u Rwanda rwatangiye gukingira icyorezo cya Marburg. Ku ikubitiro abatangiye guhabwa uru rukingo ni abakora mu nzego z’ubuvuzi cyane cyane abakora ahantu hatuma bahura n’ abarwaye iyi ndwara.

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yabwiye itangazamakuru ati: […] ku buryo uyu munsi tuza gutangira gukingira abantu bashobora kwibasirwa n’iki cyorezo kurusha abandi.

Barimo abaganga bari kuvura Marburg aho turi kuvurira, hari n’abandi bari mu bitaro bahuye n’abahuye n’iyi Virusi n’abahitanywe nayo cyangwa se barwaye, abo ni bo bihutirwa cyane ariko [harimo] abakora ahantu hakunda kwibasirwa na Marburg nko mu cyumba cy’indembe ahakunda kuza abarwayi barembye.”

Yavuze ko uru rukingo atari ubwa mbere rugiye gukoreshwa ndetse hakaba hari icyizere ko ari intwaro ikomeye mu rugamba rwo kurandura burundu iki cyorezo.

Kuba mu bamaze kwamburwa ubuzima n’iyi ndwara higanjemo abakora mu nzego z’ ubuvuzi, ni ho Dr Brian Chirombo uhagarariye ishami ry’ umuryango wabibumbye ryita ku buzima mu Rwanda ashima uburyo u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu kubarinda no kubitaho byumwihariko, avuga ko  kuba iki cyorezo cyarahereye ku bakora mu nzego z’ubuzima, ari ikintu kigomba gutuma inzego zose zihaguruka zigafatanya  kuko abaganga baramutse barwaye nta wavura abaturage.

Uru rukingo ruri gutangwa mu Rwanda rwitwa Sabin vaccine rwakozwe n’Ikigo cyitwa Sabin Vaccine Institute, cy’i Washington, D.C muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubu hakaba haraje haraje doze 700 ariko byitezweho ziziyongeraho izindi mu minsi iri imbere.

Kugeza ubu abanduye Marburg mu Rwanda bamaze kugera kuri 56, abakiri kwitabwaho ni 36, abahitanywe na yo ni 12, mu gihe abakize ari 8. Kugeza ubu abarwayi bari kuvurwa hakoreshejwe imiti ibiri yoherejwe mu Rwanda irimo Remdesivir u Rwanda rwahawe na Gilead Sciences Inc.

Marburg ni indwara yandura, itera umuriro mwinshi kandi ishobora guhitana ubuzima bw’uyirwaye. Iterwa n’agakoko ko mu bwoko bwa virusi, ikagira ibimenyetso by’ibanze bisa n’iby’izindi ndwara zitera umuriro nka malaria cyangwa tifoyide.

Ibimenyetso biranga indwara ya Marburg ni ukugira umuriro mwinshi, kubabara umutwe mu buryo bukabije, kubabara imikaya, kugira umunaniro ukabije, kuruka no gucibwamo.

Uburyo bwo kuyirinda ni ukwirinda kwegerana cyane cyangwa gukora ku muntu wagaragaje ibimenyetso no kugira isuku.


Dr. Muyombo Thomas yasabye Abanyarwanda gukomeza ingamba zo kwirinda icyorezo cya Marburg 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND