Umukinnyi wa filime akaba n’umwanditsi wazo, Valens Kabarira yatangaje ko agiye kumurikira mu Rwanda filime mbarankuru ye nshya yise “Vivant Les Chemins de la Memoire” yagizwemo uruhare n’umuhanzi mu njyana gakondo, Jules Sentore binyuze mu kuyihimbira indirimbo iyiherekeza.
Uyu mugabo amaze iminsi
mu Rwanda, ndetse yemeje ko ku wa Gatatu tariki 2 Ukwakira 2024, ari bwo
azakora umuhango wo kumurika iyi filime kuri Institut Français du Rwanda guhera
saa moya z’ijoro,
Mu kiganiro na
InyaRwanda, Valens Kabarira yavuze ko iyi filime yamutwaye amayero 20,000
kugira ngo ayikore [Ni hafi 30,227,484.74 Frw], kandi irimo ubuhamye bw’abantu
banyuranye.
Ati “Ni filime
mbarankuru, nta bakinnyi barimo kuko ni filime irimo ubuhamya. Muri rusange
kugira ngo iyi filime irangire yatwaye amayero 20.000.”
Yavuze ko hazaba umuhango
wo kwerekana iyi filime, uzakurikirwa n’ibiganiro, ndetse azanavuga ku gitabo
cye yanditse gishingiye kuri iyi filime.
Valens avuga ko
kwifashisha Jules Sentore kuri iyi filime byaturutse ku buhanga asanzwe
amuziho, amusaba kuyikorera indirimbo iyiherekeza ibizwi nka ‘Sound Track’.
Valens Kabarari
yasobanuye ko yatekereje gukora iyi filime mu rwego rwo kugaragaza amateka
y'urugendo rwe rwo kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi n’urugendo rwe rwo
kwiyubaka.
Ni filime yakoze nyuma yo
guterwa imbaraga na Judence Kayitesi ‘Mushiki we wanditse igitabo yise “A
Broken Life: In Search of Lost Parents and Lost Happiness” kigaruka ku buzima
yanyuzemo mbere, mu gihe na nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Jenoside yabaye afite imyaka 11 y’amavuko. Muri iki gitabo agaragazamo ibice bitatu, igice cya mbere ni uburyo yari abayeho n’umuryango we mbere ya Jenoside, igice cya kabiri kibanda ku gihe cya Jenoside n’aho mu gice cya Gatatu agaruka ku kuntu yongeye kwiyubaka nyuma ya Jenoside.
Muri iki gitabo, avugamo
ko Jenoside yabaye atari kumwe n’ababyeyi be kuko yari i Nyamirambo, bahugira mu
Musigiti wo kwa Kadhafi.
Ku gifuko kigaragaza
igitabo cye, hariho ifoto yerekana inkovu afite mu mutwe. Yavuze ko yatemwe
n’umuntu wari umuturanyi w’abo. Kayitesi yavuze ko nyuma yo gutemwa, yateye
ubwenge yibagiwe ibintu byose kugeza ku mazina ye bimara igihe kinini.
Kayitesi yabaga i
Nyamirambo n'aho Valens Kabarari witegura gushyira hanze iyi filime, yabaga mu
Murenge wa Jari mu gihe cya Jenoside.
Valens ati "Jenoside
yabaye ndi i Jari, hanyuma duhungira ku kigo cy'abajandarume ndi kumwe
n'ababyeyi banjye (Papa, Mama, Sogokuru, Nyogorokuru, mbese umuryango wose wo
kwa Papa-aho rero niho babiciye, aba ariho ndokokera."
Yavuze ko nyuma ya
Jenoside, mushiki we Kayitesi yanditse igitabo kigaruka ku buzima bwe mbere na
nyuma ya Jenoside 'ariko nanjye aho mba mu Bubiligi nanditse igitabo nise
'Vivant''.
Ubwo yiteguraga
kugishyira hanze, yasanze Kayitesi nawe yaranditse igitabo. Ati "Ngiye
gusohora gitabo nasanze Kayitesi nawe yanditse icye, ariko igitabo cye
agisohora mu Kidage nyuma kiza no gukorwa mu Cyongereza icyanjye nkaba
naragikoze mu Gifaransa ni ukuvuga ngo kubera ko njye ntavuga Ikidage
n'Icyongereza ntabwo nashoboye gusoma igitabo cya Kayitesi."
Yavuze ko bitewe n'uko
Kayitesi yamusabaga kumwibutsa amateka y'ukuntu 'ababyeyi bacu bishwe' byatumye
batekereza uko bahuza imbaraga baza mu Rwanda biyibutsa inzira zose banyuze
bari kumwe n'ababyeyi babo mu gihe cya Jenoside 'kugeza aho biciwe'.
Valens Kabarari ati
"Turavukana Kayitesi (Mushiki we), ababyeyi bacu bishwe ndi kumwe n'abo,
ariko Kayitesi ntago yari ari mu rugo."
Aba bombi banagiye ku
rwibutso rwa Jenoside rwa Jali aho ababyeyi babo bashyinguwe mu rwego rwo
gukusanya urugendo banyuzemo mu gihe cya Jenoside.
Iyi filime yakozwe
bigizwemo uruhare n’abarimo Valens Kabarari wanditse akanayobora iyi filime,
Valens Habarugira na Louis Udahemuka bafashe amashusho y’ayo bungirijwe na
Saleh Ruzindana, hari kandi Valens Habarugira, Boris Igiraneza, Jean Baptiste
Habineza ndetse na Regis Nzeyuwera.
Iyi filime “Vivant les
chemins de la Mémoire” yatunganyijwe bigizwemo uruhare n’inzu ikora yitwa Baho
Production yashinzwe na Jules Sentore na Valens Kabarari.
Umuhanzi Jules Sentore
yagize uruhare rukomeye mu ikorwa ry'iyi filime kugeza ubwo anahimbye indirimbo
yifashishijwemo
Valens Kabarari ari kumwe
na Mushiki we Judence Kayitesi ubwo bari mu Rwanda mu ifatwa ry’amashusho y’iyi
filime mbarankuru “Vivant les chemins de la mémoire”
Mu 2022, nibwo Judence
Kayitesi yasohoye igitabo cye kigaruka ku rugendo rwe muri Jenoside mbere na
nyuma
KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO 'NGIRA NKUGIRE' YA JULES SENTORE YIFASHISHIJWE MURI FILIME
TANGA IGITECYEREZO