RFL
Kigali

Twaganiriye! Zuba Ray yahishuye uko Kina Music yamuhisemo mu banyeshuri biga ku Nyundo-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:28/09/2024 18:25
0


Umuhanzikazi Irahari Uwase Soleil yatangaje ko gukorana n’inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya Kina Music, byaturutse ku rugendo shuri iyi ‘Label’ yakoreye ku ishuri rya muzika rya Nyundo aho asanzwe yiga, ubwo bari bagiye guhitamo umuhanzi bazafasha mu muziki, birangira ariwe bahisemo.



Uyu mukobwa atangaje ibi mu gihe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Nzeri 2024, yasohoye indirimbo ye ya mbere imuha ikaze muri Kina Music no mu muziki muri rusange.

Ni nyuma y’iminsi micye yari ishize, Kina Music irarikiye abafana n’abakunzi b’umuziki muri rusange, umuhanzi mushya bagiye gutangira gukorana, wiyongereye kuri Nel Ngabo na Butera Knowless.

Uyu mukobwa w’imyaka 20 y’amavuko, aherutse gusoza amashuri ye yisumbuye, ndetse yahise atangira kwiga ku ishuri rya muzika rya Nyundo, ubu ageze mu mwanya wa nyuma.

Avuka mu muryango w’abana bane, ni bucura. Mu kiganiro cyihariye na InyaRwanda, Zuba Ray yavuze ko yagize amahirwe yo gukorana na Kina Music, nyuma y’uko ubuyobozi bw’iyi Label busuye abanyeshuri biga ku Nyundo bashaka umuhanzi wo gukorana nawe.

Ati “Kina Music yashakaga umuhanzi mushya wo gukorana nawe, icyo gihe rero baje ku ishuri ari naho twahuriye. Imikoranire itangire kuva ubwo.”

Yavuze ko ari amahirwe adasanzwe yagize mu buzima bwe, kuko yakuze ashaka gukora umuziki ari mu maboko meza. Ati “Uko niyumva rero, navuga ko ari amahirwe adasanzwe kuri njye n’umuryango wanjye. Kina Music ni ‘Label’ nakunze kuva nakumva umuziki, ni abantu bafite icyo bashaka, rero navuga ko ntuje kuko ndi kumwe nabo.”

Yavuze ko yinjiye mu muziki, afite intego yo gushyira itafari rye ku muziki we, kandi yiteguye gufatanya n’abandi muri uru rugendo.

Ati “Ndashaka gushyira itafari ryanjye ku muziki nyarwanda ngafatanya n’abandi kuwugeza ku rwego mpuzamahanga.”  

Uyu mukobwa yavuze ko yatangiye kwiga ku ishuri rya muzika rya Nyundo muri Nzeri 2022, ndetse arateganya gusoza amasomo ye muri uyu mwaka.

Yasobanuye ko indirimbo ye yise ‘Igisabo’ yashyize hanze, ivuga ku rukundo rw’abantu babiri, aho umwe ashobora guhumuriza umukunzi we wababajwe mu rukundo amwizeza, ko we atazamutenguha.


Zuba Ray yatangaje ko yakoranye na Kina Music binyuze mu rugendo shuri bakoreye ku Nyundo bashaka umuhanzi wo gufasha


Zuba yavuze ko aje gushyira itafari rye ku muziki w’u Rwanda, kandi yiteguye gukora ibihangano byiza

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘IGISABO’ YA ZUBA RAY

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND