RFL
Kigali

Kubera iki Elon Musk ariwe uhabwa amahirwe yo gutunga Tiriyari y'amadorali mbere y’abandi ku Isi?

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:19/09/2024 15:30
0


Byibuze mu mwaka wa 2027, umuherwe Elon Musk ari guhabwa amahirwe yo kuba umuntu wa mbere utunze amafaranga tiriyari y’Amadolari ku Isi mu gihe nta gihombo yahura nacyo mbere y’icyo gihe.



Mu minsi mike ishize, nibwo hatangiye gukwirakwira amakuru ko umuherwe Elon Musk ariwe uri guhabwa amahirwe yo kuba umuherwe wa mbere utunze Trillion y’amadolari byibuze mu mwaka wa 2027.

Ni amakuru abantu benshi babuze uko bayasobanukirwa kuko si Elon Musk washyize intera nini hagati ye n’abandi baherwe bahora bahanganira umwanya wa mbere ndetse akenshi bakunda kumwanikira ku mafaranga.

Nyamara nubwo bimeze bityo, ubushakashatsi bwa Informa Connect Academy bwerekeye ko Elon Musk usanzwe ari nyiri Tesla, SpaceX, X, n’ibindi bikorwa bitandukanye, ari ku rwego rwo kunguka arenga 110% ku mutungo we mu gihe cy’umwaka.

Ikinyamakuru Bloomberg Billionaires Index, cyemeza ko Elon Musk ubu ariwe muntu wa mbere ukize ku Isi akaba atunze Miliyari 251 z’amadolari. Aya ntabwo umuntu yakwigora ayashyira mu manyarwanda kuko kuyasoma no kuyumvisha umuntu byagorana.

Iyo ukoze imibare kugira ngo umenye amafaranga Elon Musk yinjiza ku mwaka mu gihe koko ayo atunze yiyongeraho 110% mu gihe cy’umwaka, usanga Elon Musk buri mwaka yiyongeraho amafaranga miliyari 276 z’amadolari.

Iyo ufashe izi miliyari yinjiza ukazikuba n’imyaka 3 ibura ngo tugere mu mwaka wa 2027, usanga azaba amaze kunguka miliyari 828 zamadorali kandi mu gihe igishoro cye cyaba kikiri cya cyindi n’ubundi afite magingo aya. Ubwo wafata iyi nyungu yose ukongeraho igishoro cye, ukabona ko azaba atunze arenga Trillion icyo gihe.

Kuba ahise ajya imbere y’abandi baherwe bahanganye, ni uko kugeza magingo aya ariwe muherwe uri kubarizwa ku mpuzandengo y’amafaranga yinjiza iri hejuru y’abandi baherwe bahanganiye ku isoko ry’ifaranga.

Si Elon Musk uhabwa amahirwe yo gutunga Trillion y’amadorali mu gihe cya vuba kuko ku mwanya wa kabiri hazaho Gautam Adani w’umuhinde nawe ashobora kuzatunga Trillion mu mwaka wa 2028 mu gihe amafaranga yinjiza yakomeza kuba 123% nk’uko ariyo mpuzandengo y’ibyo yinjiza magingo aya.

Jensen Huang, umuyobozi mukuru w’ikigo cy’ikoranabuhanga Nvidia, na Prajogo Pangestu, washoye imari mu by’ingufu n’ubucukuzi bw’amabuye y'agaciro ya Indoneziya, bahabwa amahirwe yo kuba batunga Trillion mu mwaka wa 2028.

Bernard Arnault, umuyobozi wa LVMH Moët Hennessy Louis Vuitton, Mark Zuckerberg, umuyobozi mukuru wa Meta, nabo bahabwa amahirwe y’uko ibyo bakora bibaye bitabahombeye mu mwaka wa 20230 nabo bakwinjira mu mubare w’abatunze Trillion y’amadolari.


Elon Musk niwe uri guhabw amahirwe yo gutunga trillion mbere y'abandi baherwe bose ku Isi


Adani ari ku mwanya wa kabiri mu bahabwa amahirwe yo gutunga trillion vuba


Mark Zuckerbberg uri mu bafite agahigo ko gutunga miliyari akiri muto, ashobora kuzaba mu ba mbere bato batunze trillion






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND