RFL
Kigali

Uko Alpha Rwirangira uzataramana na Massamba Intore yakomeje kuba umuhanzi w’impanuro n’urugero

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:13/09/2024 12:27
0


Alpha Rwirangira ari mu bahanzi b’inkingi mwubatsi z’umuziki nyarwanda aho abagiye bahura na we mu bihe bitandukanye bamuvuga imyato, abakuru kuri we bakamurata ubukaka.



Alpha Rwirangira yegukanye ubugira Kabiri irushanwa rya Tusker Project Fame ryagiye rihemba akayabo kugera rishyizweho akadomo mu 2014 kubera ibibazo by’Ingengo y’Imari.

Massamba Intore  ubwo yerekezaga  muri Canada aho afite ibitaramo bigera kuri  bibiri  aho kimwe azahuriramo na Alpha Rwirangira yamugarutseho.Agaragaza ko ari umuhanzi mwiza cyane w’ijwi ryihariye kandi yishimiye kuba bagiye kongera guhura.

Ibyo guhura bikaba byanamaze kuba nk'uko Massamba Intore yabisangije abamukurikira.

Alpha Rwirangira kuri ubu uri gukora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yagiye akomeza kubera urugero benshi ndete impanuro yagiye aha abakiri bato kuri we baracyazizingatiye.

Muri abo harimo Albert Mutsinzi wigeze kumucurangira muri Rwanda Day ya 2016, azirikana ikiganiro yabahaye, mu kiganiro aherutse kugirana na InyaRwanda yagize  ati”Yaratubwiye ngo urwego uzageraho mu buzima bwawe ntuzigere uhindura uwo wari uriwe.”

Alpha Rwirangira kandi ngo  yabasabye kuzajya iteka baca bugufi kuko bifasha gutekereza neza ikindi cyisumbuye wakora ariko  ngo iyo wishyize hejuru uba ubura gato ngo usubire hasi.

Albert Mutsinzi agaruka ku kindi, ngo yabasabye ko ari ukugira ikinyabupfura no gusenga dore ko uyu muhanzi mu muco we habamo gusenga no gusengera abo bagiye gukorana mbere y'uko bagera ku rubyiniro.Massamba Intore na Alpha Rwirangira bahuriye muri Canada aho bagiye gukorera igitaramoAlbert Mutsinzi yagaragaje ko Alpha Rwirangira ari umuhanzi w'indangagaciro kandi ugira impanuro zifatika






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND