Guhera mu 1912 hari abagabo benshi bagiye bagira ubwamamare bwo hejuru kubera gukina filime biyitirira Yesu, umwe muri abo yitwa ‘Jonathan Roumie’ ari kubarizwa i Kigali.
Mu masaha akuze ya tariki 28 Kanama 2024, ni bwo Jonathan
Roumie yageze i Kigali, yakirwa n’abantu batandukanye barimo umurinzi w’ibyamamare
wamamaye nka Ya Ntare.
InyaRwanda igiye kugufasha kumenya byihariye ubuzima bw’uyu
mugabo watangiye kwamamara kubera gukina nka Yesu muri filime "The Choosen" muri
2017 n'izindi zitandukanye.
Jonathan Roumie yabonye izuba ku wa 01 Nyakanga 1974, ni
umukinnyi wa filime wo muri Amerika wabigize umwuga. Yaramamaye cyane akaba azwi nka ‘Yesu’ muri sinema.
Ubusanzwe se wa Roumie yavukiye muri Egypt, gusa akaba
yari afite inkomoko muri Syria na Lebanon. Nyina akomoka muri Ireland.
Roumie yigeze gutangaza ko ba sekuruza bakomokaga
muri Armenian. Yabatirijwe mu rusenero rw'aba Orthodox ariko nyuma yaje guhindura ajya mu Kiliziya Gatolika ubwo yari agiye kuba mu nkengero z’umujyi wa New
York.
Afite impamyabumenyi mu birebana na filime yakuye mu
ishuri ry’ubugeni n’ubuhanzi. Mu 2024 yahawe impamyabumenyi y’ikirenga
mu buhanzi na Kaminuza Gatolika yo muri Amerika, ashimirwa uruhare agira mu
ivugabutumwa binyuze mu gukina filime.
Nyuma yo gusoza amasomo ya Kaminuza, Roumie yatangiye
acuranga ingoma mu itsinda ry’umuziki wa Rock ry’inshuti ze, gusa ntabwo yaritinzemo
kuko yahise akomeza gukina filime.
Zimwe muri filime uyu mugabo agaragaramo zamamaye hari "The Good Wife", "As the World Turns" na "Castle" aho hose akaba yaragiye akina ari Yesu
Kristo.
Ijwi rye ryumvikana mu mikino itandukanye Evolve, Mafia
II&III hamwe na The Darkness II. Yagiye kandi yitabazwa mu biganiro by’uruhererekane
bya MTV.
Uyu mugabo afite ubumenyi mu birebana no gutunganya
filime aho yagize uruhare mu itunganywa ry'izirimo "Spider Man", "National Treasure" na "I Am Legend".
Ari mu bagabo b’inkingi za mwamba mu myidagaduro ishingiye
ku ivugabutumwa rya gikristo. Ari kandi mu bifashishwa mu ivugwa ry’amasengesho
ya Kiliziya Gatolika.
Ibigo bitandukanye bimwitabaza kenshi mu kwamamaza nubwo
bigoye kugira ngo akwemerere. Ni umugabo ufite ubuhanga mu birebana no kuvugira mu
ruhame.
Muri 2017 ni bwo Roumie yahawe umwanya wo gukina muri filime ya :"The Chosen" akina nka Yesu, muri icyo gihe uyu mugabo yari ari mu bibazo
bitamworoheye.
Nuwbo yamamaye kubera filime yakinnyemo ari Yesu, ariko
na none avuga ko ari kimwe mu bintu bimubangamira. Ati: ”Uyu munsi sinumva ari ibintu by’umumaro
kuba narakinnye ndi Yesu. Ariko na none nkashima Imana ku byo nagezeho kubera
byo.”
Roumie yayoboye amahuriro atandukanye ya Gikristo anashamikiye kuri Gatolika. Ni umugabo udakozwa ibyo gukuramo inda. Muri 2022 abinyujije ku rubuga rwa Instagram yatangaje ko
amakuru amaze iminsi avugwaho ko afite umugore n’abana ari ibihuha.
Umwe mu bagabo bakomeye mu Isi y'Iyobokamana ari kubarizwa mu Rwanda
Jonathan Roumie umwe mu bakinnyi ba filime b'ibyamamare ku Isi ari kubarizwa mu Rwanda
TANGA IGITECYEREZO