RFL
Kigali

Umugabo akurikiranyweho gushaka kwica Kamala Harris na Joe Biden

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:6/08/2024 14:44
0


Lucio Carillo yagejejwe mu nkiko nyuma yo gushyira ubutumwa 4,359 ku rubuga rwa Gettr avuga ko azica Kamala Harris amunoboyemo amaso ndetse atera ubwoba abandi bayobozi bakomeye muri Amerika.



Ku wa Mbere, umugabo wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Virginia washinjwaga gutera ubwoba Visi Perezida Kamala Harris, yitabye urukiko rw’ikirenga.

Nk’uko bigaragara mu nyandiko z’urukiko, Frank Lucio Carillo yateye ubwoba abarimo Kamala Harris, Perezida Joe Biden, Umuyobozi wa FBI, Christopher Wray, abayobozi benshi ba Arizona n’abandi ku mbuga nkoranyambaga za Gettr.

Mu iperereza FBI yakoze, yasanze uyu mugabo Carillo yarakoze post 4,359 “yibasiye abayobozi ba Leta batandukanye,” barimo Kamala Harris uri kwiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Inyandiko z’urukiko zivuga ko uyu mugabo Carillo yateye ubwoba Kamala Harris amubwira ko azamunogoramo amaso ndetse akanagaragaza inzira bizacamo kugira ngo amukuremo amaso ndetse n’uburyo azamwica.

Nk'uko bitangazwa na CNN, Carillo ngo yanditse ati "Nzakunoboramo amaso wa ndaya we." maze avuga ko yizeye ko “azapfa buhoro buhoro.”

Mu rubanza rwe kandi, harimo gukurikiranwa ku kugumura abantu mu mwaka wa 2023 ubwo yandikaga ashishikariza abantu gufata imbunda bakirara mu bayoboke b’idini rya Islam bakabica.

Ubwo abakozi ba FBI bajyaga gukora iperereza mu rugo rw’uyu mugabo, yiyemereye ko ariwe wanditse ibyo bintu nta mananiza. Ati “Ni njye wabishyizeho.”

Urubanza rwa Calirro ruraba kuri uyu wa Kane tariki 08 Kanyana 2024, amaze kubonana n’umunyamategeko we no kwiga ku rubanza neza.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND