RFL
Kigali

Ni nde uzabazwa ibya 'Zahabu' icukurwa i Musanze mu buryo butemewe ku manywa y’ihangu ?

Yanditswe na: InyaRwanda
Taliki:1/08/2024 11:09
0


Nyuma y'uko abantu babarirwa mu bihumbi biraye mu mirima yabo batabyemeranyijweho bakayicukura bashakamo Zahabu, abafite imirima mu kibaya gihuriweho n'Imirenge ya Muhoza na Gacaca mu Karere ka Musanze baratabaza ubuyobozi ku bw’ubucukuzi butemewe bw’aya mabuye y’agaciro buhakorerwa bukomeje gufata indi ntera.



Ubu bucukuzi ngo  bukorwa ku manywa y'ihangu ntacyo bikanga  aho abo bantu bigabije imirima y'abaturage n'ishyamba rya Leta usanga barimo bayicukura bashakisha zahabu.

Abafite  imirima aha hacukurwa  iyi Zahabu babwiye RBA  dukesha iyi nkuru ko ubu bari mu gihombo kuko ntacyo bazasarura.

Ku rundi ruhande bamwe mu  bacukura iyo zahabu mu buryo butemewe babwiye RBA ko aho hantu hahoze hacukurwa no mu myaka ishize kandi ko bafite isoko rishyushye bakora bagatahana amafaranga.

Imyaka mike ishize hagiye hashyirwaho ingamba zo gukumira abaturage kwishora muri ubwo bucukuzi butemewe ndetse ibyo birombe bigafungwa ariko bugacya basubiyemo, abaturiye ahakorerwa ibyo bikorwa bavuga ko bijyana n'urugomo rukorerwa abahagenda ndetse n'abacukuramo. Basaba Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda, RMB, gutanga uburenganzira ku bahakorera ubucukuzi bwemewe n’amategeko.

Ku ruhande rwa RMB ivuga ko mu cyiciro cy'ibanze cy’ubushakashatsi bwakozwe muri ibyo birombe, bwerekanye ko hari uduce tune turimo amabuye ya zahabu, hakaba hasigaye ibindi byiciro bibiri bya nyuma bijyanye n’ubwo bushakashatsi.

 Umuyobozi w'Ishami ry'Ubushakashatsi bw'amabuye y'agaciro mu Kigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda (RMB), Jean Claude Ngaruye, yavuze ko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari ari bwo biteganyijwe ko ubushakashatsi buzarangira ndetse hanaboneke n’abashoramari.

Ibafite imirima muri iki kibaba yaratabaza(Ifoto: RBA)

 

Ubu bucukuzi bukorwa ku manywa y'ihangu






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND