RFL
Kigali

Twinjirane mu byaranze uyu munsi mu mateka y’Isi

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:20/07/2024 9:45
0


Tariki ya 20 Nyakanga ni umunsi wa 202, hasigaye iminsi ijana na mirongo itandatu n’itatu uyu mwaka ukagera ku musozo.



Ibintu biba byarabaye kuri iyi tariki mu myaka yashize ni byinshi cyane ariko uyu munsi, InyaRwanda yaguhitiyemo bimwe mu by’ingenzi bidateze kwibagirana mu mateka y’isi.

Bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka:

1810: Abaturage ba Bogota muri New Granada batangaje ko bibohoye ubukoloni bwa Espagne.

1871: British Columbia, ni intara iherereye mu Burengerazuba bwa Canada, yihuje n’icyo gihugu.

1951: Umwami Abdullah I wa Jordan yiciwe muri Palestina, mu masengesho yo ku wa Gatanu yari yagiriye i Yerusalem.

1959: Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi mu bijyanye n’ubufatanye mu by’ubukungu, wemeye ubufatanye na Espagne.

1960: U Bubiligi bwagaragaje ukwihagararaho mu Kanama k’Umuryango w’Abibumbye ku mpamvu bwari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe guverinoma ya RDC yasabaga Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete kohereza ingabo zabo kuza gutsimbura no kwirukana Ababiligi muri Congo-Kinshasa.

Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete zabujijwe kwivanga muri ibi bibazo bya Congo-Kinshasa n’Ababiligi, bikozwe na Amerika n’u Bufaransa ndetse n’Umuryango wa Atlantic (Atlantic Treaty Organization).

1968: Hashinzwe Special Olympics, imikino ihuza imbaga nyamwinshi y’abakuru n’abato, by’umwihariko abafite ubumuga butandukanye.

1969: Gahunda ya Apollo yageze ku ntego zayo kuko iya 11 yashoboye kugeza bwa mbere umuntu ku butaka bwo ku kwezi. Extra-vehicular activity (EVA) yashoboye kugendera ku kwezi.

1969: Harangijwe intambara hagati ya Honduras na El Salvador nyuma y’iminsi itandatu yari imaze itangiye.

Iyi ntambara yatejwe n’umukino w’umupira w’amaguru wahuje amakipe y’ibihugu byombi, biturutse ku makimbirane ya politiki yari hagati y’ibyo bihugu.

1977: Ikigo cy’Ubutasi cya Amerika, CIA (Central Intelligence Agency) cyashyize ahagaragara inyandiko z’amabanga ziba zigenzurwa na Guverinoma, zikubiye mu cyo bita Freedom of Information Act (FOIA).

1980: Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano kemeje mu buryo budasubirwaho ko Jerusalem idafatwa nk’Umurwa Mukuru wa Israel.

2000: Muri Zimbabwe, hatangijwe imyanya igenewe abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu Nteko Ishinga Amategeko, bwa mbere mu mateka.

2006: Ingabo za Ethiopia zinjiye muri Somalia.

Bamwe mu bavutse uyu munsi:

356 mbere y’ivuka rya Kirisitu: Havutse Alexander The Great, Umwami wa Macedonia.

1822: Gregor Mendel, umushakashatsi ukomoka mu Budage, ufatwa nk’umubyeyi wa siyansi yiga ibijyanye n’uruhererekane (Genetics).

Bamwe mu bitabye Imana uyu munsi:

985: Papa Boniface VII

1982: Okot p’Bitek, Umuhanzi w’Umusizi wo muri Uganda.

1992: Václav Have yabaye Perezida wa Czechoslovakia.

2009: Mark Rosenzweig, Umunyamerika w’umushakashatsi mu bijyanye n’ubwonko.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND