FPR
RFL
Kigali

Azi ubwenge agakunda no kugira inshuti z’abahanga! Igisobanuro n’imiterere y’abitwa ba Philippe

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:28/06/2024 10:55
0


Philippe ni izina rihabwa abana b’abahungu, rifite inkomoko mu Kigereki ku izina Philippos risobanura ‘ukunda ifarasi.’



Ni izina ryandikwa mu buryo bwinshi nubwo risobanura kimwe, bamwe bandika Philip, Philippus, Philippos, Filip n’ayandi.

Bimwe mu biranga ba Phillipe:

Ni umuntu udapfa guseka, ukunda kuba ari wenyinye, agafata umwanya akitekerezaho. Akunda gutembera yirebera ibintu bitangaje Imana yaremye.

Ni umuntu wiha imirongo migari akaba ariyo agenderaho, yigiramo impano yo gutekereza ikintu runaka gishya, akagihimba kandi akakibyaza umuasaruro.

Ni umunyamwete, uterwa ishema n'ibyo arimo, utihangana kandi ushobora kugira amahane kuko umujinya we uba hafi.

Usanga ari umuntu udakunze kuvuga, uhora atuje kandi ugira ibanga ariko uzi kwirwanaho ku buryo utapfa kumurenganya.

Uburyo abaho aba yumva bumunyuze bunamushimishije ariko butuma abandi bamubona nk’umuntu utandukanye n’abandi cyane kuko avuga gake kandi agakunda kwigunga.

Aba ashaka kumara umwanya munini atuje, ari ahantu wenyine akitekerezaho kandi akumva bimuhaye amahoro.

Asesengura ibintu byose kandi akunze kurangwa n’inseko y’uburyarya iyo abona hari icyo ashaka kukwemeza.

Kubera ukuntu azi ubwenge akunda kugira inshuti z’abahanga cyane bakaganira ku bumenyi (science) mu buryo butuje adasakuza.

Agira amagambo make ariko agakunda gutega amatwi abandi akabigiraho ibintu bitandukanye.

Iyo akiri umwana Philippe usanga ari wa mwana bita akamarayika gato, aba atuje atarushya kandi yicecekeye ku buryo aho umusize ushobora kuhamusanga.

Ababyeyi be baba basabwa kumutoza kubana n’abandi bakamwereka ko igihe ari kumwe n’abandi hari andi masomo yiga mu buzima kuruta kwigunga

Nubwo adasabana cyane, Philippe akunda abantu kandi abasha no kubarengera akanabarinda iyo ari ngombwa.

Bamwe mu byamamare bafite iri zina:

Mpayimana Philippe: Umunyamakuru akaba n’Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda mu matora azaba muri Nyakanga uyu mwaka.

Philippe Coutinho: Umukinnyi w’umupira w’amaguru muri Brazil.

Philippe Diallo: Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Bufaransa.

Philippe Blain: Ni umutoza w’ikipe ya Volleyball mu Bufaransa, akaba yarahoze ari n’umukinnyi. Yabaye umunyamuryango w'ikipe y'igihugu y'Ubufaransa kuva mu 1984 kugeza mu 1987. Blain yagizwe umutoza mukuru w'ikipe y'igihugu y'Ubuyapani mu mukino wa Volleyball kuva mu 2021.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND