RFL
Kigali

Nyaruguru: Nsengiyumva Janvier ushaka kuba Depite yasezeranije abarimu iguriro ryihariye!

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:25/06/2024 14:04
0


Ku wa 22 Kamena 2024 nibwo hatangiye ibikorwa byo kwiyamamaza kw’Abakandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ndetse no mu matora y’Abadepite. Ni ibikorwa bikomeje kuzenguruka mu Ntara zitandukanye n’Umujyi wa Kigali, buri mukandida asobanurira abaturage imigabo n’imigambi ye n’impamvu yo kumutora.



Umukandida wigenga ku mwanya w’Ubudepite, Nsengiyumva Janvier, yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Murenge wa Ngoma, Akarere ka Nyaruguru, kuri uyu wa Kabiri.

Yabwiye abaturage bari bahuriye ku kibuga cya Kiyonza ko mu byo azakorera ubuvugizi natorwa harimo nk'ibijyanye n'ubwisungane mu kwivuza, aho yifuza ko abaturage bazajya babasha kugura imiti muri za farumasi zigenga, bakoresheje mituweli.

Nsengiyumva yikije kandi ku mibereho ya Mwalimu, aho avuga ko agomba kugira iguriro ryihariye. Yasabye abaturage kuzamutorera kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko no kuzashyigikira Umukandida watanzwe na FPR Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Uko gahunda y’aya matora iteye, abanyarwanda baba mu mahanga nibo bazabanza gutora Abadepite ku ya 14 Nyakanga 2024, hakurikireho abatuye imbere mu gihugu ku ya 15 Nyakanga, hasoze ab’ibyiciro byihariye bazatora tariki 16 Nyakanga.


Umukandida wigenga ku mwanya w'Abadepite Nsengiyumva Janvier, yasabye abamushyigikiye kuzatora Perezida Kagame ku mwanya w'Umukuru w'Igihugu


Yasezeranije abaturage b'i Nyaruguru kuzabakorera ubuvugizi mu buvuzi





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND