FPR
RFL
Kigali

Mozambique yabonye ubwigenge! Bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:25/06/2024 8:57
0


Tariki 25 Kamena ni umunsi wa 177 mu minsi igize umwaka, bivuze ko hasigaye 188 umwaka ukagera ku musozo.



Hari byinshi biba byarabaye kuri iyi tariki mu bihe byashize, ariko buri munsi InyaRwanda yiyemeje kujya ikugezaho bimwe mu by’ingenzi byayiranze mu mateka.

Bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka:

253: Papa Cornelius yishwe aciwe umutwe, yiciwe ahitwa Centumcellae.

1678: Elena Cornaro Piscopia, ukomoka muri Repubulika ya Venice ubu ni mu Butaliyani yahawe Impamyabumenyi y’Ikirenga mu bijyanye na Filozofi (Doctorate of Philosophy).

Uyu ni we mugore wa mbere mu mateka y’Isi wabonye iyi mpamyabumenyi, akaba yarayiherewe muri Kaminuza ya Padua, ikaba ari yo ya mbere yashinzwe mu Butaliyani mu Mujyi wa Padua, yashinzwe mu 1222, ishingwa ari ishuri ry’amategeko.

1788: Leta ya Virginia yemewe n’Itegeko Nshinga rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gushyirwa ku rutonde rwa Leta zigize iki gihugu.

1935: Hatangiye imibanire ishingiye kuri dipolomasi hagati ya Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete na Columbia.

1950: Hatangiye intambara hagati ya Koreya y’Epfo n’iya Ruguru.

1967: Bwa mbere hatangiye porogaramu ya Televiziyo ikorana na satellite, iyi televiziyo yitwa Our World.

1975: Mozambique yabonye ubwigenge bwayo, yibohoye kuri Portugal.

1981: I Washington hatangiye ivugururwa rya Microsoft, itangira gukoreshwa mu bucuruzi.

1991: Croatia na Slovenia byatangaje ubwigenge bwabyo, byikura mu bukoloni bwa Yugoslavia.

1993: Kim Campbell, yabaye Umuyobozi w’Ishyaka rya Progressive Conservative Party ryo muri Canada. Yabaye Minisitiri w’Intebe wa mbere w’umugore ukomoka muri icyo gihugu.

Bamwe mu bavutse uyu munsi:

1934: Jack W. Hayford wabaye Perezida wa The International Church of the Foursquare Gospel.

1974: Karisma Kapoor, umukinnyi w’amafilimi ukomoka mu Buhinde.

1984: Lauren Bush, Umunyamerika wakoraga ibijyanye no kwerekana imyambaro n’ibindi bifitanye isano nabyo.

Bamwe mu bitabye Imana uyu munsi:

1948: William C. Lee, Jenerali wo mu ngabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika uzwi cyane ku kazina ka Father of the U.S. Airborne, umuntu agenekereje ni nka Se w’umutwe wa gisirikare uzwi ku izina rya Airborne (abasirikare bajyanwa ku rugamba n’indege, aho kugenda mu modoka).

1997: Jacques-Yves Cousteau, umushakashatsi ukomoka mu Bufaransa.

2007: Umuhanzikazi Mahasti ukomoka muri Iran yitabye Imana.

2008: Lyall Watson, umwanditsi ukomoka muri Afurika y’Epfo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND