FPR
RFL
Kigali

Davido na Chioma wakorewe ibirori byo gusezera urungano bigaragaje mu buryo buryoheye ijisho-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:24/06/2024 11:29
0


Davido n’umukunzi we w’igihe kirekire, basangije ababakurikira ibihe byiza bibereye ijisho bagiranye mbere gato y’uko bakora ubukwe.



Mu masaha macye ari imbere hategerejwe ubukwe bw’agatangaza bwa Davido na Chioma Rowland [Chef Chi] bamaze gushyira hanze amafoto meza abanziriza ubukwe bwabo.

Chioma wabyaranye na Davido abana batatu barimo imfura yabo yitabye Imana, ku mugoroba w'iki Cyumweru tariki 23 Kamena ni bwo yakorewe ibirori byo gusezera urungano.

Kuwa 25 Kamena 2024 ni bwo hategerejwe ibirori by’ubukwe bwabo bw’umuco bizabera muri Hotel ya Eko rwagati muri Lagos.

Ubu ijambo ry’ingenzi ku bakunzi b’aba bombi bari gukoresha ni “#CHIVIDO2024” baherekesheje amafoto yabo y'akataraboneka arimo aho Davido yambaye nk'aba Yoruba.

Davido usanzwe ari umugabo w'abana batandatu barimo batatu yabyaranye na Chioma, aherutse gutumira abantu bose aho yavuze ko ababishobora bose bazitabira ubukwe bwe.

Amashusho y'ibyishimo kuri Chioma wakorewe ibirori byo gusezera ku runganoImyaka irenga 10 irashize bakundana ndetse urukundo rwabo rwamaze kwera imbuto Imana iheruka kubashumbusha abana b'impanga nyuma yo gupfusha imfura yaboByitezwe ko ubukwe bwabo buzatigisa imyidagaduro ku isi Nubwo urukundo rwabo rwagiye ruhura n'imiraba myinshi ariko akanyamuneza gahora ari kose ku maso yaboDavido na Chioma bagiye gukora ubukwe bushingiye ku muco, bukaba bwitezwe na benshi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND