Kuri iki cyumweru, ibikorwa byo kwiyamamaza byakomeje abakandida bose bahatanye ku mwanya wa Perezida wa Repuburika n’abakandida depite bariyamamaza.
Kuri iki cyumweru
ibikorwa byo kwiyamamaza byakomereje mu ntara zitandukanye z’Igihugu.
Umukandida w’ishyaka rya FPR, Paul Kagame yiyamamarije mu Ntara y’iburengerzuba,
Umukandida w’ishyaka Green Party, Dr Frank Habineza yiyamamariza mu Ntara y’Amajyepfo, hanyuma Phillipe Mpayimana yiyamamariza mu Ntara y’iburasirazuba.
Dore uko umunsi wa kabiri
wo kwiyamamaza wagenze
1.
Paul Kagame
Perezida Kagame akaba
umukandida w’ishyaka FPR Inkotanyi yakomereje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu
karere ka Rubavu yakirwa n’imbaga nyamwinshi nk’uko byagenze i Musanze ku munsi
wa mbere wo kwiyamamaza.
Perezida Kagame yashimiye
cyane abamusanganiye i Rubavu, ati: ”Naje hano rero kubasuhuza, kubashimira no
kugira ngo dufatanye urugendo tugiye kugenda hamwe, tugerageze twihute, tugende
twese kandi icyarimwe ndetse duhereye no ku byagiye bivugwa mu mwanya ushize.”
Yakomeje yibutsa ko
gutora FPR Inkotanyi ari nko kwitura uwakugabiye. Yagize ati: ”Nagira ngo mpere
na none ku bijyanye n’amateka, ariko reka mpere ku ya FPR, ni nka bya bindi
byigeze kuririmbwa 'twese yaratugabiye'.”
2.
Dr Frank Habineza
Dr Frank Habineza
umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repuburika watanzwe n’ishyaka Green Party,
yakomereje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Runda, Akagari ka Gihara aho yari yaherekejwe n’umuryango we wose n’Abarwanashyaka ba
Green Party.
Mu masaha ya saa Saba z'amanywa abantu bamaze kuva gusenga, ni bwo Dr Frank Habineza umukandida w’ishyaka Green
Party yageze i Gihara kuri site ahabereye iki gikorwa cyo kwiyamamaza, yakiranwa
yombi muri ‘morale’ yo hejuru, ibintu byatumye n’abatari bazi amakuru bahita
baza kwirebera ibiri kuhabera.
Mu migabo n'imigambi ye,
Dr Frank Habineza yatangaje ko naramuka atowe azongera amafaranga ya muganga
kuko bibabaje gusanga umuganga kugira ngo agufashe kandi nawe yasize mu rugo
hugarijwe n'ibibazo.
Frank Habineza yagize ati:
"Uzi kujya kuri Centre de Sante ugasanga umuganga afite abana atabonye uko
ajyana ku ishuri!, abana baburaye!, ubwo se urumva yakuvura neza? Mu kwezi kwa
Nzeri bizaba byatunganye nimutora kuri Kagoma".
Yongeye kandi kwitsa ku
kibazo cy'ubushomeri bwugarije urubyiruko bityo akaba yijeje abaturage bo mu
karere ka Kamonyi ko naramuka atowe azahita ashyiraho gahunda zo guhanga
imirimo, aho igera ku 500,000 izahangwa kandi ko bishoboka cyane kubera
ubushakashatsi bakoze bwagaragaje ko bishoboka.
3.
Mpayimana Phillipe
Mpayimana Phillipe
umukandida wigenga yakomereje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Ntara y’iburasirazuba
mu turere twa Kayonza na Rwamagana.
Ku munsi wa mbere w’ibikorwa
bye byo kwiyamamaza, Mpayimana Phillipe yatangaje ko intego ye mu matora atari ugutsinda
Perezida Kagame gusa ahubwo ashaka kwegukana intebe y’ubuyobozi.
Mu
karere ka Kayonza, Mpayimana Philippe yavuze ko mbere na mbere natorwa azashyigikira
umurimo kuko kugira ngo igihugu gitere imbere ubigiramo uruhare.
Yavuze ko ababarira amasaha y’akazi ku munsi bidakwiriye kuko
utamenya igihe umunsi urangirira bityo hakwiriye gukorwa umurimo unoze.
Yavuze ko kuba umukungu/umuherwe atari byo bituma wumva ko
politiki itakureba ndetse avuga ko bagomba kugira uruhare mu miyoborere
y’igihugu cyabo.
TANGA IGITECYEREZO