Impeshyi y’uyu mwaka izaba ari umuriro bijyanye n’umuziki wakozwe, ibikorwa bidasanzwe ndetse n’ibitaramo biteganijwe kuzasusurutsa abakunzi b’umuziki nyarwanda haba abari mu Rwanda no mu mahanga.
Abahanzi nyarwanda biteguye kare impeshyi y'uyu mwaka, bamwe bategura ibitaramo bikomeye bizabera mu Rwanda no mu mahanga, mu gihe ku rundi ruhande hari n'abanyamahanga bakomeje kugaragaza ko bifuza gutaramira i Kigali muri iyi mpeshyi.
Dore bimwe mu bitaramo
bikomeye biteganijwe mu mpeshyi ya 2024:
1.
Toxic Xperience
DJ Toxxyk aherutse gutangaza ko ageze kure
imyiteguro y’igitaramo ‘Toxic Xperience’ ari guteganya gukorera ku nkengero
z’Ikiyaga cya Kivu mu Karere ka Rubavu, aho azaba ari kumwe n’abahanzi n’aba-DJ
batandukanye.
Bamwe mu bahanzi azafatanya nabo muri iki gitaramo
azakora ku ya 29 Kamena 2024 harimo Ish Kevin, Chris Eazy, Kenny Sol n’abandi.
Yaragize ati: “Ni igihe cy’impeshyi, abantu baba
bakeneye gusohoka bagatemberaho kugira ngo bitandukanye n’ubushyuhe buba buri
hanze aha, kenshi biba byiza iyo umuntu afite ahantu ho kwidagadurira ari nayo
mpamvu natekereje igitaramo Toxic Xperience kizabera mu Karere ka Rubavu.”
2.
Sheebah Live in Kigali
Umuhanzikazi Sheebah Karungi wamenyekanye mu
ndirimbo zinyuranye, agiye kongera gutaramira i Kigali nyuma y'imyaka ibiri
ishize atanze ibyishimo ku bafana be n'abakunzi b'umuziki nyuma y'igihe cyari
gishize bamutegereje.
Uyu mukobwa yari ategerejwe i Kigali, ku wa 3
Kanama 2024, ariko abamutumiye bahisemo ko igitaramo cye kizaba tariki 17
Kanama 2024, aho kizabera muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi
nka Camp Kigali.
Nyuma yo gutaramira amagana y'abantu muri Camp
Kigali, ku mugoroba hazaba ibirori byo guhura no gusangira n'abafana be ibizwi
nka 'Meet and Great' bizabera muri The Keza Hotel.
Sheebah Karungi azagera i Kigali, tariki 2 Kanama
2024, ari na bwo azagirana ikiganiro n'abanyamakuru. Ni umuhanzikazi
w’Umunya-Uganda, umubyinnyi akaba n’umukinnyi wa filime udatana n’udushya ku
rubyiniro n’imyambarire.
3.
Ganza Europe Tour
Kivumbi King nyuma yo gushyira hanze album ye nshya
yise ‘Ganza’ yamurikiye abakunzi be ku wa 24 Gicurasi 2024, akomeje urugendo rw’ibitaramo
byo kuyimurika ku Mugabane w’u Burayi bizasozwa n’icyo azakorera mu Rwanda
nubwo kugeza ubu ataratangaza amatariki.
Ni ibitaramo Kivumbi yatangiriye mu Bufaransa mu
Mujyi wa Lyon ku wa 1 Kamena 2024, abikomereza mu Budage mu Mujyi wa Hannover
ku wa 15 Kamena 2024, mu gihe icya gatatu azagikorera mu Mujyi wa Warsaw muri
Pologne ku wa 29 Kamena 2024.
4. Israel
Mbonyi Live in Uganda
Israel Mbonyi uri
kwitegura ibitaramo bizenguruka Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, aherutse
gutangaza ko muri Kanama mu 2024 azakorera ibitaramo bibiri muri Uganda. Ni
ibitaramo byitezwe ko azakorera i Kampala ku wa 23 Kanama 2024, mu gihe ku wa
25 Kanama 2024 azataramira i Mbarara.
Ni ibitaramo ariko ku
rundi ruhande bizaba bibanjirije icyo azakorera muri BK Arena ku wa 25 Ukuboza
2024, nyuma y’uko ataramiye mu Bubiligi ku wa 8 Kamena 2024.
Uyu muhanzi ukomeye mu
muziki wo kuramya no guhimbaza Imana yatangiye kumenyekana mu muziki w’Akarere
mu minsi ishize ubwo yasohoraga indirimbo ziri mu Giswahili nka Nina siri,
Nitaamini, Jambo, Sikiliza, Malengo ya Mungu n’izindi nyinshi.
5.
Prosper Nkomezi Live in Kampala
Prosper Nkomezi wamamaye
mu ndirimbo zirimo ‘Ibasha’, yabwiye InyaRwanda ko yongeye gutumirwa muri
Uganda, ahanini biturutse ku busabe bw’abakunzi b’ibihangano bye babarizwa muri
Uganda n’abandi bakunda umuziki w’indirimbo ziha ikuzo Imana.
Ati “Ni ku busabe
bw’abakunzi bacu bagiye babidusaba kuva cyera ariko ntibikunde kubera izindi
gahunda ariko kuri iyi nshuro byakunze ko tujya kubataramira. Ni igitaramo,
kigamije kunanura ijuru ku Isi, binyuze mu kuramya no guhimbaza Imana bizabera
muri kiriya gihugu.”
Kuri iyi nshuro
azataramira mu Mujyi wa Kampala muri Uganda, ku wa 7 Nyakanga 2024, ni mu gihe
mu 2023 yataramiye mu Mujyi wa Mbarara kuri Hotel yitwa Las Vegas.
Prosper avuga ko
abanya-Uganda bakunda ibihangano bye ku buryo bigaragarira buri wese, ndetse mu
gitaramo cye yakoze ku wa 12 Gicurasi 2024 muri Camp Kigali, abanya-Uganda bari
mu bitabiriye iki gitaramo.
TANGA IGITECYEREZO