Birashoboka cyane ko muri iki gihe filime cyangwa se indirimbo ukurikirana higanjemo amashusho y’abakinnyi bafite imbunda z’ibikinisho bifashisha ahanini bitewe n’ibyo umwanditsi w’iyo filime cyangwa se indirimbo aba ashaka ko bigaragara.
Ibice
nk’ibi mu ndirimbo, muri filime cyangwa se mu bindi bikorwa bifatirwa amashusho
bifata igihe kinini kugirango bikorwe. Kuba ubona imbunda isohora amasasu muri
filime, siko biba byagenze kuko iriya mbunda ni igikinisho, ahubwo byose
bikorerwa muri ‘Machine’ bigahuzwa.
Indirimbo
ni nyinshi z’abahanzi Nyarwanda zifashishijwe imbunda z’ibikinisho, ni na ko
bimeze muri filime nyinshi ziri gusohoka muri iki gihe.
Hari
umwe mu bana bihangiye imirimo bakora izi mbunda z’ibikinisho, ku buryo
gukodesha imbunda imwe ku munsi biba biri hagati y’amafaranga ibihumbi 5 n’ibihumbi
10 Frw ku munsi. Kandi mu ifatwa ry’amashusho ry’amashusho agomba kuba ahari
kugirango akurikirane ikorwa ryayo.
Kuri
iki Cyumweru tariki 16 Kamena 2024, kuri Televiziyo Rwanda hatambutse ikiganiro
‘Dusangire Ijambo’ cyagarutse ku mutekano mu Gihugu, kwirinda no gukumira
ibyaha.
Ni
ikiganiro Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yahuriyemo n’Umuvugizi
w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry.
Muri
iki kiganiro, ACP Boniface Rutikanga, yagaragaje ko ashingiye ku mibare
yakusanyijwe muri iki gihe umubare w’abantu basaba gutunga imbunda basigaye ari
bacye.
Ati "Tugize amahirwe nta muntu watunga imbunda atayemerewe, ariko muri za 2005-2009 abantu benshi basabaga gutunga imbunda bari abacuruzi."
Yavuze
ariko ko n’ubwo bimeze gutya, bamwe mu bakora ibihangano bitambuka ku mbuga
nkoranyambaga cyane cyane nka filime bakunze gukoresha imbunda z’ibikinisho, kandi
bigaragara babikora mu buryo bwabangamira ituze rya rubanda.
ACP
Boniface yavuze ko buri wese uteganya kuzakoresha imbunda z’ibikinisho muri
filime ye, akwiriye kwegera inzego z’umutekano kugira ngo bamwereke uko bikorwa.
Ati
"Ndangira ngo iki nacyo nkibutse kuko gikunze kugaragara mu ruganda rw'imikino
ya filime tumaze kubona abasore n'inkumi mu by'ukuri mu kwihangira imirimo
bagera aho bagakoresha imbunda z'ibikinisho mu gukina filime nyarwanda.”
Akomeza
ati “Rimwe bakajya no muri karitsiye, bashaka gukora nk'abasirikare bari mu
kazi, biriya bintu bishobora gukanga abaturage, bishobora kugira uko
bibangamira ituze rya rubanda.”
Yungamo
ati “Abantu bose bumva ko bafite muri 'script' zabo muri filime zabo aho bifuza
kuzakoresha ibintu bisa n'imbunda ni byiza ko begera inzego z'umutekano
zikabagira inama uburyo bikorwa, kugira ngo batazisanga hari aho babangamiye
amategeko agenga ituze ry'abantu.”
ACP
Boniface yatangaje ko abakoresha imbuga z’ibikinisho muri filime bakwiye
kwegera inzego z’umutekano zikabafasha
Ndagijimana
Olivier wo mu Karere ka Rubavu ni umwe mu bazwi bakora imbunda z’ibikinisho. Mu
2021, yatangaje ko gukunda areba filime biri mu byatumye agira igitekerezo cyo
gukora izi mbunda, kandi ngo azikodesha benshi mu bakinnyi ba filime baba
bashaka kuzikoresha
TANGA IGITECYEREZO