RFL
Kigali

Yaje gutanga Kandidatire ku mwanya w'Ubudepite abura itike imusubiza iwabo i Kamonyi

Yanditswe na: InyaRwanda
Taliki:30/05/2024 15:03
0


Kuri uyu wa Kane tariki 30 gicurasi 2024, Nibwo umugabo witwa Twagirayezu Berthe utuye mu karere ka Kamonyi mu Murenge wa Rukoma, yaje gutanga Kandidatire ye ku mwanya w'Umudepite wigenga kuri Komisiyo y'amatora basanga atujuje ibisabwa, bamubwira ko naramuka abibonye yabizana bakabyakira agorwa no kubura itike imusubiza aho atuye.



Mu byangombwa yari yazanye harimo lisite iriho abantu bamusinyiye mu turere dutatu , Kamonyi,  Nyarugenge na Gasabo., akaba avuga yasinyiwe n'abantu 200, mubindi byangombwa byose bisigaye nta nakimwe yari afite aho yavuze ko imbogamizi yagize ari igihe gito Komisiyo y'amatora yabahaye ariyo mpamvu atabashije kuzuza ibyo yasabwaga.

 Twagirayezu mu kiganiro yagiranye n'ikinyamakuru Rubanda,  yavuze ko atewe ipfunwe n'ukuntu ari butunguke iwabo aho atuye adatanze kandidature ye kubera ko ituzuye.

 Yagize ati" Naje kuri Komisiyo y'amatora nzanye kandidature yange ku mwanya w'Umudepite wigenga ariko ibyangombwa byange ntabwo byuzuye, ubu mfite ipfunwe ryukuntu abaturage bari buze kumenya ko ntatanze kandidature yange".

 Bitewe nuko uyu Twagirayezu Berthe yari amaze hafi isaha irenga ahagaze kumuhanda, Umunyamakuru yaje ku mubaza icyo agiye gukora na cyane ko uyu munsi ariwo wanyuma wo gutanga Kandidatire maze avuga ko ntacyo  yakora bitewe nuko yabuze tike imusubiza aho atuye ahubwo agiye kugenda akarara muri bene wabo mu Murenge wa Gatsata kugirango aruhuke.

 Kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Gicurasi 2024 nibwo Komisiyo y'amatora iri busoze igikorwa cyo kwakira abifuza kuba abakandida haba ku mwanya w'Umukuru w'igihugu, ibyiciro byihariye ndetse no ku mwanya w'umudepite wigenga

.







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND