RFL
Kigali

Abarimo Doctall Kingsley na Seth Seka bambariye gutanga ibyishimo muri Iwacu Summer Comedy Festival

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:28/05/2024 15:04
0


Iminsi iragenda ivaho umwe ngo Doctall, Seth, Rufendeke n’abandi bataramire abakunzi b’urwenya mu iserukiramuco rikomeye 'Iwacu Summer Comedy Festival'.



Imyiteguro y’iserukiramuco rya Iwacu Summer Comedy igeze kure. Ndetse ku wa 04 Kamena 2024 ni bwo rizatangizwa ku mugaragaro i Rubavu.

Nyuma ku wa 07 Kamena 2024 rizakomeza ribere muri Bus(Bisi) aho rizagera mu bice bitandukanye.

Ku wa 09 Kamena 2024 abakunzi b’urwenya bazahurire mu gitaramo mbaturamugabo kizabera i Gikondo muri Expo Ground.

Doctall Kingsley [Ntakirutimana] ari mu batumiwe biteganijwe ko azagera mu Rwanda ku wa 07 Kamena.

Impamvu yo kongera kumutumira mu gihe yaherukaga gutaramira mu Rwanda mu bihe bitari ibya kure ikaba ari ubusabe bw’abanyarwanda bakunda urwenya.Hakanazamo igikundiro uyu musore akomeje kwigwizaho ku Mugabane wa Afurika yose.

Tike zikaba zikomeje kugurwa ku bwinshi hifashishijwe urubuga rwa www.iwacucomedy.com;

Kwinjira biri mu byiciro bitandukanye abantu 8 bashaka kuba bari hamwe bazishyura ibihumbi 200Frw bakazategurirwa ibyicaro byihariye biherekejwe n’icupa rya Jameson.

Mu yindi myanya y’icyubahiro ku muntu azaba ari ibihumbi 30Frw, ahakurikiyeho ibihumbi 20Frw hakaza ah’ibihumbi 10Frw n’ibihumbi 5Frw.

Urutonde rw’abanyarwenya bazataramira abazitabira harimo Doctall Kingsley, Seth Seka, Joshua Joseph, Fred Rufendeke, Prince na Mushumba.Harabura igihe  kitagera ku byumweru bibiri abakunzi b'urwenya bagasusurutswa n'ibyamamare muri uyu mwuga Doctall Kingsley ari mu bazataramira abazahurira muri Expo Ground i Gikondo muri Iwacu Summer Comedy FestivalSeth Seka wo muri Zuby Comedy ari mu bihagazeho bategerejwe muri iri serukiramuco

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND