Barore Cléophas uyobora Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA) ari mu banyeshuri 413 bahawe impamyabushobozi n’Ishuri Rikuru rya East African Christian Academy (EACC), aho yabaye uwa mbere mu Ishami ry’Ibijyanye n’Iyobokamana.
Kuri
uyu wa 24 Gicurasi, ni bwo umuhango wo gutanga izi mpamyabushobozi ku nshuro ya
kabiri wabereye ku cyicaro cy’iri shuri i Masaka. Mu bandi bahawe
impamyabumenyi muri EACC harimo n’umuyobozi wa Radiyo Inkoramutima, Niyifasha
Didas wahawe A0 muri Tewolojiya.
Pastor
Barore wahise abandi biganaga muri Tewolojiya, yahawe impamyabushobozi y’Icyiciro
cya Kabiri cya Kaminuza, atangaza ko yishimiye kuba we na bagenzi be bagiye
gukora ivugabutumwa rya kinyamwuga nyuma y’uko babishishikarijwe n’Urwego rw’Igihugu
rw’Imiyoborere. Barore kandi yashishikarije abandi biyumvamo umuhamagaro
w’ivugabutumwa kwiga Tewolojiya.
Mu
butumwa bwe yagize ati: “Turakangurira n’abandi bose bumva bafite akayihayiho
ko kwiga ariko bagahura n’imyumvire ivuga ko kwiga ‘Théologie’ bigusha, ariko
si byo. Kwiga Théologie ntibibuza umwuka w’Imana gukora, ubitekereza gutyo
azaze arebe cyangwa se anaturebereho. Tugiye gukorera aho dusanzwe dukorera
Umurimo w’Imana kandi tuzakorana umutima wacu, ubwenge n’amaboko kinyamwuga
kugira ngo duhindure Abanyarwanda ariko tubahindurire kwinjira mu Bwami
bw’Imana."
Umuyobozi
Nshingwabikorwa wa EACC, Dr Musafiri Malimba Papias yavuze ko aba
bahawe impamyabushobozi bitezweho gutanga umusanzu ukomeye mu gukora
ivugabutumwa mu buryo bwa kinyamwuga ndetse n’abazakora mu marerero bakaba
bazakora babifiteho ubumenyi, bahereye ku marerero Itorero rya Angilikani
rifite mu gihugu.
Iri
shuri Rikuru ry’Abangilikani ryatanze impamyabushobozi z’Icyiciro cya mbere cya
Kaminuza (A1) ndetse n’iz’Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza (A0) mu mashami ya
Théologie, ndetse no mu Ishami ry’Uburezi bwo mu marerero no mu mashuri
y’incuke.
Ishuri Rikuru rya EACC ryatanze impamyabushobozi ku banyeshuri 413 basoje mu mashami atandukanye
TANGA IGITECYEREZO