Robert Kyagulanyi uzwi mu muziki wa Uganda nka Bobi Wine akaba n'Umunyapolitiki utavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Perezida Museveni, yatangiye guhura n'abarwanashyaka be.
Ku wa Gatatu w’iki
cyumweru tariki 22 Gicurasi 2024 nibwo umuhanzi akaba n’umunyapolitiki utavuga rumwe
n’ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni, Robert Kyagulanyi [Bobi Wine] yatangiye
ubukangurambaga buzenguruka igihugu cyose bugamije gukangurira abayoboke
b'ishyaka rye National Unity Platform kuzamutora mu 2026 mu matora ya Perezida,
aho yahereye mu gace ka Kamuli.
Bobi Wine atangiye ubu
bukangurambaga nyuma y’igihe gito atangaje ko adashobora kuzasubira amakosa
yakoze mu matora ya 2021. Yasobanuye ko ubwo yahatanaga mu matora aheruka ya
Perezida wa Uganda, yakoze ikosa ryo guha umwanya abantu batari babikwiye mu
ishyaka rye.
Muri iyi minsi Bobi Wine
afite n’abandi bahoze bakorana batangiye kumurwanya byeruye nka Abed
Bwanika.
Bobi Wine avuga ko hari
abaje bamusanga bagamije kumuneka, abazanywe no gushaka amafaranga kimwe
n’abandi bifuza icyubahiro.
Uyu muhanzi
n’umunyapolitiki agaragaza ko yize ko adakwiye kwizera na rimwe umuntu kuko
yabonye yambaye ikositimu cyangwa afite imvi kuko yamaze kwiga ko n'abo abantu
bemera cyane bashobora kuvamo abantu babi.
Abasesengurira hafi ibya
politikei y’Akarere, babona ko amahirwe menshi ari uko Gen Muhoozi Kainerugaba
wahawe umwanya w’Umugaba w’Ingabo za Uganda nta kindi asigaje uretse
kwiyamamariza kuba Perezida wa Uganda.
Amahirwe menshi nuko Gen.Muhoozi aziyamamaza kuba Perezida wa Uganda mu 2026, agasimbura Se, ndetse
amakuru avuga ko benshi bari gushyirwa mu myanya y’ubuyobozi ari we ubagena
kuko ababonamo ubushobozi bwo kuzamufasha.
TANGA IGITECYEREZO