Umuhanzi wo mu Burundi wagize ibihe byiza mu muziki w’indirimbo zihesha icyubahiro Imana, Apostle Appolinaire Habonimana, yongeye gutumirwa i Kigali mu gihe cy’imyaka itatu yikurikiranya, aho kuri iyi nshuro azaba ari kumwe n’umugore we Jeannette.
Ku wa 28-30
Ukwakira 2022, uyu mugabo wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Imana niyo buhungiro’ yahembuye
imitima y’Abakristu bitabiriye igiterane “Overflow Africa Worship Conference”
cyabereye kuri Christian Life Assembly (CLA) i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali. Yaririmbiye
ku ruhimbi rumwe na Mussle Fisseha wo mu gihugu cya Ethiopia, Gaby Kamanzi wo
mu Rwanda.
Yari amaze
igihe kinini anyotewe n’Abanyarwanda, Abarundi n’abandi baba mu Rwanda. Uyu
mugabo yongeye kugaragaza ubuhanga bwe, ubwo mu 2023 yongeraga gutumirwa mu
gitaramo ‘East African Gospel Festival’ umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no
guhimbaza Imana, Alex Dusabe yakoreye muri Kigali Conference and Exhibition
Village ahazwi nka Camp Kigali, ku wa 21 Gicurasi 2023.
Kuri iyi
nshuro yongeye gutumirwa i Kigali, aho azaririmba mu gitaramo umuhanzi Fabrice Nzeyimana azamurikiramo Album 'Transformation Album Launch' yakoranye n’umugore we Maya Nzeyimana,
mu gitaramo kizabera kuri Christian Life Assembly (CLA), ku wa 2 Kamena 2024.
Fabrice
yabwiye InyaRwanda ko yatumiye Appolinaire Habonimana kubera ko ‘mufata nk’umwarimu
wanjye mu muziki’. Ati “Ndashaka ko azaza kureba ibikorwa byanjye, mbese aho
navuye mu muziki ndetse n’aho ngeze. Kuri njye mufata nka ‘Parrain’ wanjye mu
muziki, rero ni iby’igiciro kinini kuri njye kuba agiye kuza.”
Iyi Album
bagiye kumurika iriho indirimbo 15 “zikangurira abantu guhinduka cyangwa
zikavuga uko Yesu ahindura ubuzima bw’Umuntu".
Fabrice
Nzeyimana ati "Iyo uhindutse, kimwe mu bigaragaza guhinduka ni ugushaka ko
abandi bahinduka aho ubaye, mu kazi, mu gihugu n'ahandi. Kuri twe ni ubutumwa
tugiye gutanga haba mu ndirimbo, mu magambo no mu bikorwa".
Fabrice
Nzeyimana n’umufasha we Maya Nzeyimana bitegura kumurika Album y’abo,
bamenyekanye cyane mu ndirimbo zirimo nka "Muremyi w’Isi",
"Yitwa Ndiho", "Yesu Kiza", "Ntawundi" n’izindi.
Habonimana
Appolinaire wo mu Burundi watumiwe muri iki giterane azwi cyane mu ndirimbo
zirimo nka ‘Ndacafise impamvu’ yo kuri album ‘Muri wewe’ yo mu 2015, ‘Negereye
intebe yawe’, ‘Imana niyo buhingiro’ n’izindi zitandukanye zakomeje izina rye
kuva mu myaka myinshi ishize ari mu muziki.
Uyu mugabo
afatwa nk’umwe mu bagize igikundiro kidasanzwe mu muziki wa Gospel mu Burundi.
Amaze kuririmba mu bitaramo bikomeye birimo n’iserukiramuco ry’indirimbo
zihimbaza Imana yakoreye mu gihugu cya Canada.
Fabrice na
Maya batangaje ko bagiye kumurika Album y’indirimbo 15 bise ‘'Transformation’
Fabrice
yatangaje ko yatumiye Appolianaire Habonimana kubera ko amufata nka ‘Parrain’
mu muziki we
Mu 2022,
Appolinaire yataramiye i Kigali yataramiye i Kigali binyuze mu giterane ‘OverFlow’
Mu 2023,
Habonimana yafashije Alex Dusabe mu gitaramo yakoreye muri Camp Kigali
Fabrice na
Maya bamaze igihe bakora ibikorwa by’urukundo n’umuziki babinyujije mu itsinda bashinze
bise ‘Heavenly Melodies Africa’
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘IMANA N’IYO BUHUNGIRO’ YA HABONIMANA
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MUREMYI W’ISI’ YA FABRICE NA MAYA
TANGA IGITECYEREZO