RFL
Kigali

Vera Sidika yakubise atababariye abamusaba guharira abakiri bato

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:22/05/2024 11:21
0


Veronica Shikwekwe [Vera Sidika] yagaragaje ko uruganda rw’imyidagaduro atari urw’abanyantege nke ko ugira aho agera aba yabikoreye atari impuhwe agirirwa no kuba abakuze bamuvira mu nzira.



Kenshi uzumva abantu bavuga ko babuze umwanya wo kwerekana ibyo bashoboye kubera ko hari abakuze babitambika. Ibi ni nabyo Vera Sidika yasabwe ko yarecyera abakiri bato.

Uyu mugore wamamaye cyane mu kugaragara mu mashusho y’indirimbo, ubu akaba ari mu umunyamideli ukomeye, umukinnyi wa filimi n’uyobora ibirori bikomeye mu Karere, ntiyatindiganije kugaragaza ko abibwira batyo bibeshye cyane.

Vera Sidika yafashe umwanya asubiza abafana bari bamaze iminsi bamwiha bavuga ko yashaje, ko akwiriye guharira abakiri bato. Ibi yabigarutseho nyuma yuko hari uwari ugize ati: ”Aba basitari bakuze bafite kuruhuhuka bagaharira ikiragano gishya.”

Yahise avuga ku wari umaze gutangaza ibyo, ati: ”Kubera iki abantu baba bumva abandi barekeraho gukora kugira ngo babone umwanya?.”

Yongeraho ko ibyo atari byo ati: ”Ibyo si ko bimeze nta muntu uzagira aho ajya, urakora cyane kugira ngo na we ubone inzira yawe.”

Bitari ibyo gusa, yakomeje agaragaza ko ikiragano gishya gihora gitanga impamvu z'uko abakigize batagera kure ari ukubera ko hari abakuze banze kurekura.

Uyu mugore avuga ko ibyo bivugwa ari ukubeshya ku ngingo kuko ntawareka gukorera amafaranga ngo ahereze umwanya umuto cyangwa umukuru.

Sidika agaragaza ko gukora cyane ari byo bituma umuntu agira aho agera. Adaciye ku ruhande, yavuze ko uruganda rw’imyidagaduro atari urw’abanyantege nke.

Vera Sidika ari mu bari n’abategarugori batajya baca ku ruhande iyo bigeze ku bashatse kumwataka.

Vera Sidika amaze igihe kitari gito atigisa imyidagaduro y'Akarere mu ndirimbo na filime bitandukanyeYagaragaje ko kugira ngo ugire aho ugera ubiharanira bidasaba ko hari uhaguruka gutyo gusa ngo wicare

Vera Sidiaka yateye utwatsi abitwikira ubunebwe ngo baracyari bato basaba abakuze kubaha umwanya 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND