Kigali

Vanessa Mdee yakomoje ku marozi ari mu muziki wa Tanzania

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:20/05/2024 12:37
0


Vanessa Mdee, umwanditsi w’indirimbo n’umuririmbyi uri mu bihagazeho muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, yagarutse ku bihe yanyuranyemo n’abajyanama mu by’umuziki muri Tanzania.



Mu kiganiro yagiranye n’umugabo we ukomoka muri Nigeria Rotimi, Mdee yavuze ko yigeze kwifuza abantu bamureberera inyungu mu by’umuziki anavuga uko byagenze.

Ati: ”Hari igihe cyageze numva nshaka abangira inama, negereye bamwe mu babikora bakomeye muri Tanzania.”

Atanga urugero kuri bamwe mu bo yabwiye ko yifuza ko bakorana ati: ”Nababwiye ko nifuza ko nagira nanjye abangira inama mu muziki.”

Uyu mugore ariko avuga ko yatunguwe n’ibisubizo yahawe ati: ”Umwe yarambwiye ngo nuramuka utwiyunzeho ube witeguye kwinjira mu isi yo gukoresha amarozi n’ubundi bukonikoni [Maji].”

Bakomeje ngo bamubwira ko mbere yo gushyira hanze indirimbo babanza gukora imigenzo yo guterekera n’ibindi bifatwa nk’ubupagani ku bemera Mana.

Mdee yarabahakaniye ababwira ko ari umukristo atakora ibintu nk'ibyo, gusa nabo bamubwira ko ibyo bamubwiye ari bimwe mu bigize ibituma bagera kure.

Byarangiye atabashije guhuza nabo, ahubwo asaba ababyeyi be gukomeza kumushyira mu biganza by’Imana kandi ko byamufashije kugira aho agera.

Guhera muri 2020, Mdee yagiye yumvikana avuga ko uruganda rw’imyidagaduro rurimo abadayimoni benshi ndetse yigeze no gufata umwanzuro wo kureka umuziki.

Gusa yaje kubisobanura ko atawuvuyemo burundu, ahubwo ko icyo yari agamije kwari ugusobanura neza ibibazo byugarije uru ruganda.Vanessa Mdee aganira n'umugabo we Rotimi yagarutse ku ngingo y'uko yigize gushaka abajyanama mu muzikiVanessa Mdee yagaragaje ko uruganda rw'umuziki rwa Tanzania rwabaswe n'abizerera mu mbaraga z'umwijima 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND