Kigali

Franco udasiba mu iseka rusange yikije ku cyo abantu bakwiye kwigira kuri Fally Merci

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:3/05/2024 8:03
0


Franco Kabano Ntarindwa yagarutse ku mpamvu muzituma akunze kuba ari mu bitaramo by’urwenya bizwi nka Gen Z, anakomoza ku musore ubitegura.



Niba ukurikiranira hafi iby’imyidagaduro  cyane cyane ibitaramo byiswe iseka rusange, byange bikunze uzi ko ari akabyiniro na Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi Dr Abdallah Utumatwishima yahaye Gen Z Comedy.

Ibi bitaramo byatangijwe na Fally Merci bikaba bigaruka kabiri mu kwezi aho abiganjemo abasilimu bajya kwiyumvira urwenya ruba rwateguwe n'iki kiragano gishya kenshi zibanda ku nkuru z’ubuzima bwo mu cyaro.

Umwe mu bakunze kugaragara muri ibi bitaramo akaba ari Franco Kabano, yagarutse ku byishimo aterwa no kubona aho bimaze kugera kuko yatangiye kubikurikira kuva bigitangira.

Franco yagize ati”Ndanezerwa kandi na Merci ahantu ari arabizi ko ndi umwe mu bantu baterwa ishema no kubona yarateye imbere cyane ko muzi ataraba n’umunyarwenya uzwi ariko nzi ko akunda urwenya.”

Yongeraho ati”Uyu munsi rero kubona Merci afite abandi banyarwenya cyangwa afasha n’abanyarwanda kunezerwa inshuro ebyiri mu kwezi, ni isomo ryakabaye kuri buri munyarwanda ko iyo ukoze ikintu cyiza 'akeza kigura'.”

Uyu mugabo ariko asobanura ko atari urwenya gusa akunda ahubwo akunda ubuhanzi muri rusange yaba umuziki, ubugeni, imideli ari nayo abarizwamo cyane.

Atanga urugero rw’uburyo kugeza ubu iwabo i Gahini inzu imanitsemo  ibishushanyo byinshi byakozwe n’urubyiruko rw’abanyarwanda kandi byose yabyishyuye nubwo benshi bamuhaga nk’impano.

Yongeraho ko kuba ataragize umufasha yasabye Imana ngo izamuhe umutima wo gufasha ikindi kandi azi imvune z’abahanzi bityo bimutera guharanira kubashyigikira.

Ati''Njyewe ntabwo nkunda urwenya gusa nkunda ubuhanzi muri rusange, umuntu wese aho ava akagera ufite ubuhanzi muri we, iyo mumenye nkaba hari ubushobozi mfite bwo kumufasha ndabumuha ntitangiriye itama.

Kubera ko mu buzima bwanjye ntabwo ntigeze mfashwa, nta muntu wigeze umfasha rero nasabye Imana yo kumpa yo gutanga ibyo njyewe nimwe.

Nkunda urwenya, nkunda umuziki, nkunda ubugeni nk'ubu ugeze iwacu i Gahini wakumirwa inzu yose yuzuye ibishushanyo byakozwe n’abana b’abanyarwanda kandi nta n'imwe ntishyuye.

Ikindi gituma nkunda ubuhanzi muri rusange ni uko nzi imvune n’ibibazo bahura nabyo.Franco Kabano avuga ko ubuhanzi bukozwe neza butanga umusaruro, yari kumwe na Mucyo SandrineFranco Kabano yitabira kenshi Gen Z, aha yari kumwe na Muyoboke Alex na DC ClementBabu wo ku Isibo na we akunze kwitabira ibi bitaramo, aha banezerewe  we na Franco KabanoFranco yishimira intambwe Fally Merci agezeho, agasaba abantu kumwigiraho  isomo ryo gukora ibintu kandi neza

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYOSE NA FRANCO KABANO

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND