RFL
Kigali

Nana Nadiya yashyize umucyo ku mubano we na Dumba-VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:26/04/2024 14:17
0


Nana Nadiya uri mu batanga icyizere mu muziki akaba anamaze kugwiza ibigwi mu myidagaduro nk’umunyamideli unifashishwa mu mashusho y’indirimbo akanaba n’umubyinnyi yavuze ku kibazo abantu benshi bahora bibaza ku bye na Dumba.



Mu gihe kingana n’umwaka Nana Nadiya yamaze akorana na Dumba, avuga ko nubwo abantu bagiye bibeshya ko hari ikindi kirenze akazi bamwe bamwita umugabo we ariko bari babanye mu buryo bw’umwuga gusa.

Avuga no gutandukana kwabo ahanini byashingiye ku bantu babateranyije ariko rwose uyu mugabo yagize uruhare rukomeye mu kugera aho uyu mukobwa ageze nonaha.

Ibi yabisobanuye mu kiganiro n’InyaRwanda, asubiza abibaza ku mubano wabo ati”Isano mfitanye na Dumba, ni umuntu wamfashije, narindi imihanda yego narakoraga ariko ntabwo narinzwi aje rero we ahita asa naho amuritse.”

Kugeza ubu Nana Nadiya avuga ko ashobora gukorera umunsi umwe amadorali arenga magana abiri ku ndirimbo yagizemo uruhare nk’umubyinnyi cyangwa nk’umu-video vixen.

Ibi ariko akabyongeraho kuba ari umuhanzi ukora injyana ahanini ya Hip Hop, mu ndirimbo yakoze harimo nka ‘Way to the top’ zimwe mu ndirimbo yagize uruhare zirimo Agafoto, Akaninja, Amabiya, Nibido n’izindi.

Uyu mukobwa ari mu mwaka wa 25, yasoreje amashuri yisumbuye muri Accounting mu ishuri rya College Baptitse de Ngarama.

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO KORA YARIRIMBYEMO NANA NADIYA N'ABANDI

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NANA NADIYA

">

Nana Nadiya yagaragaje ko ashimira itafari Dumba yashyize ku rugendo rwe mu muzikiAha Nana Nadiya ukomeje kwagura ibikorwa bye mu muziki  yari kumwe na Oxygen na Kellia 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND