Abahanga bavuga ko umuhanzi akwiye kwitonda cyane mu gihe ageze mu mwaka wa 27 kuko uyu mwaka utakunze guhira abahanzi n’abakinnyi benshi ba filime.
27
Club ni izina ryahawe urutonde rw’abahanzi, abakinnyi ba filime, n’abandi
bafite impano bapfuye bari bafite imyaka 27. Ibi byatumye iyi myaka igira
ubusobanuro budasanzwe mu ruganda rwa muzika no mu myidagaduro.
Ni
ihuriro ry’abahanzi bakomeye bapfuye bafite imyaka 27, ahanini bapfuye bazize
uburwayi busanzwe, ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, ibiyobyabwenge, urumogi,
inzoga nyinshi, cyangwa izindi mpamvu.
Nubwo
ari ibintu bisa n’ibitangaje, nta gihamya cyemeza ko iyi myaka ari “umuvumo”
cyangwa se itegeko. Gusa, imibare igaragaza ko hari abahanzi benshi bapfuye
muri iyi myaka, bigatuma abantu batekereza ko hari ikintu kidasanzwe kibaho
muri iyo myaka.
Abahanzi
bakomeye bapfuye bafite imyaka 27 (Ingero)
a) Brian
Jones (1942 - 1969)
Ni
umwe mu bashinze itsinda The Rolling Stones akaba yarasanzwe muri swimming pool
yitabye Imana aho bicyekwa ko yazize ingaruka z’ibiyobyabwenge.
b.
Jimi Hendrix (1942 - 1970)
Ni
umwe mu bacuranzi b’abahanga cyane ba gitari mu mateka ya Rock akaba yarishwe n’ibinini
birimo ibiyobyabwenge yanyoye mu mwaka wa 1970 hanyuma uwo mwaka wa 27 uhita
umuhitana.
c.
Jim Morrison (1943 - 1971)
Umuyobozi
w’itsinda rya The Doors, yabonetse yapfuye mu bwogero (bathtub) mu Bufaransa,
bikekwa ko yazize ibiyobyabwenge n’inzoga nyinshi dore ko yari asanzwe anywa
inzoga ikiremwamuntu kitatinyuka kwiyahuza.
d.
Amy Winehouse (1983 - 2011)
Yigeze
kuririmba ati "They tried to make me go to rehab, but I said no, no,
no!" bisobanuye ko yanze kujyanwa mu kigo cyakira abarenzwe n’inzoga
n’ibiyobyabwenge gusa nyuma gato yo kuririmba iyo ndirimbo, yahitanywe nabyo.
e.
Yvan Buravan
Umuhanzi
Burabyo Yvan wamamaye ku izina rya Yvan Buravan, byatangajwe ko yitabye Imana
mu ijoro rishyira tariki 17 Kanama 2022 azize uburwayi bwa kanseri (Pancreatic
cancer). Uyu nawe yitabye Imana afite imyaka 27.
f.
Giselle Precious
muhanzikazi
Gisèle Precious yitabye Imana ku mugoroba wo ku wa 15 Nzeri 2022. Yaguye mu
rugo rwe mu Karere ka Rubavu. Uyu muhanzikazi yitabye Imana nta burwayi afite
dore ko yari amaze ibyumweru bitatu yibarutse.
Imibare
igaragaza ko abahanzi benshi bakunze guhura n’uruvagusenya ku myaka 27 bituma
uyu mwaka ari uwo kwitondera ku bahanzi. Zimwe mu nama bagirwa, harimo;
a. Kwita
ku buzima bwo mu mutwe (Mental Health Issues)
Abahanzi
benshi bageze kuri iyi myaka usanga bafite agahinda gakabije (depression)
cyangwa ihungabana (trauma), bitewe n’umuvuduko w’ubwamamare no guhangana
n’ibibazo by’ubuzima.
b. Kwirinda
Ibiyobyabwenge n’Inzoga (Drugs & Alcohol Addiction)
N’ubwo
benshi bavuga ko ibiyobyabwenge bibafasha mu kunoza inshingano zabo
byumwihariko mu muziki, ni byiza ko umuhanzi ugeze ku myaka 27 yirinda kunywa
no gufata ibiyobyabwenge n’inzoga.
c. Kwifata
no kurangwa n’ubwitonzi
Iyi
myaka byumwihariko umwaka wa 27, nibwo abahanzi benshi baba bamaze gufatisha
inzira y’umuziki wabo, iyo rero ubwo bwamamare buba bukibotsa amano
babukoresheje nabi, bubabyarira ibisusa muri uwo mwaka.
Nubwo
bose muri iyo myaka ya 27 badahura n’ibibazo, ni byiza kugendera mu mujyo wa wa
mugani w’ikinyarwanda ‘Aho umugabo aguye urenzaho utwatsi’ bakitwararika cyane.
Yvan Buravan yitabye Imana afite imyaka 27
Umuhanzikazi Giselle Precious yitabye Imana ku myaka 27
Reba indirimbo 'Umusaraba' ya Giselle Precious imwe mu ndirimbo ze zakunzwe
">
Reba indirimbo 'Gif time' ya Yvan Buravan
TANGA IGITECYEREZO