Mu gihe abanyarwanda bakomeje ibikorwa byo Kwibuka, Itorero ry’Ivugabutumwa ry’Inshuti mu Rwanda ryibutse ku nshuro ya 30 Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994, mu gikorwa cyabereye ku itorero rya EEAR (Eglise Evangelique Des Amis Au Rwanda) Kagarama mu Karere ka Kicukiro.
Umuyobozi ushinzwe
imirimo rusange mu Karere ka Kicukiro, Murenzi Donatien yashimye abakristo
byumwihariko ab’Itorero ry’Ivugabutumwa ry’Inshuti ry’u Rwanda ‘EEAR’, ku bw'umusanzu batanga mu gufata mu mugongo abarokotse Jenocide yakorewe
Abatutsi mu 1994, nubwo ibikomere bikiri byose.
Ibi, uyu muyobozi
yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 25 Mata, ubwo habaga igikorwa cyo kwibuka
ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994, aho iri torero
ryibukaga abakristo 35 babashije kumenyekana ndetse n’abandi batari
bamenyekana bishwe muri Jenoside.
Mu gutangiza iki gikorwa,
Umuyobozi akaba n’Umuvugizi Mukuru w’Itorero ry’Ivugabutumwa ry’Inshuti mu
Rwanda, Rev Pastor Mupenda Aaron, yibukije abari aho ko badakwiye kwinubira
imvura yagwaga ubwo bari i Kagarama muri iki gikorwa kuko hari benshi yarokoye mu bihe bya Jenoside.
Ku ikubitiro, haririmbye
korali Inshuti za Yesu, ifite abaririrmbyi benshi bishwe muri Jenoside
yakorewe Abatutsi, maze bagaruka ku rukundo ruhambaye rwa Kristo witangiye
abantu akabapfira ku musaraba.
Umuyobozi Mukuru w’iri torero, niwe wagejeje ku bitabiriye uyu muhango ijambo ry’Imana yasomye muri Ezekiyeli: 36:15, maze arisanisha n’ibihe bitoroshye abanyarwanda banyuzemo.Haranditse ngo ‘Sinshaka kuzongera kumva abanyamahanga bagutuka, habe no gukozwa isoni na bo, n’ubwoko bwawe ntuzongera kubusitaza ukundi. Ni ko Umwami Uwiteka avuga.’
Mukeshimana Hneritte
wapfakajwe na Jenoside, yatanze ubuhamya avuga ukuntu umugabo we yishwe muri
Jenoside amusigiye inda nkuru kuko yendaga kwibaruka imfura yabo nubwo yaje
kunyura mu nzira ndende y’umusaraba kuko yari wenyine kandi asabwa guhunga nyuma y'uko hatanzwe itegeko ko Abatutsikazi bose batwite bagomba kubagwa
bagakurwamo abana babo.
Yakomeje avuga ko ku bw’amahirwe
n’abantu bake bagendaga bamufasha, yaje kwibaruka umwana w’umuhungu akomeza
kumuruhana, yarira akamuha ibere ririmo ubusa, akanyagirwana nawe mu gihuru nta
n’umwenda, kugeza igihe aje guhurira n’Inkotanyi i Butare zikamurokora nubwo
byaje kurangira n’ubundi na wa mwana yitabye Imana.
Umuhanzi Jado Gasana niwe afashije abitabiriye iki gikorwa kwibuka abyinyujije mu bihangano bye bijyanye no Kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Muri iki gikorwa kandi, cyitabiriwe n'umushyitsi mukuru wari uhagarariye Akarere ka Kicukiro, umuvugizi w’Itorero
EEAR mu Rwanda, uhagarariye Ingabo na Polisi, uhagarariye abarokotse Jenoside, ndetse n’abari bahagarariye imiryango y'abibukwaga kuri uyu munsi,
urubyiruko rubarizwa muri AERG ndetse n’abandi, bunamiye kandi bashyira indabo
ku ibuye ry’urwibutso. Nyuma yaho bacanwa urumuri rw’icyizere.
Uhagarariye abarokotse Jenoside akaba n’umuyobozi w’inama y’umwaka y’abagore muri EEAR, Madamu Uwiragiye
Genevieve yavuze ko nubwo abakoze Jenoside bari bafite umugambi w’uko umwana
w’umuhutu azasigara abaririza uko umwana w’umututsi yasaga, atariko byagenze
kuko batigeze bapfira gushira ahubwo hari abarokotse, bashibutse kandi bakomeje kwiyubaka.
Yagize ati: “Twariyubatse
biratinda, niyo mpamvu igihe nk’iki kuri twebwe ni umunsi tuba twibuka abacu.
Ntabwo tubibuka kuko twabibagiwe, ahubwo turabibuka kuko baracyari mu mitima
yacu kandi turacyabakunda.”
Yashimiye abarokotse Jenoside byumwihariko kuko bakomeje gutwaza, biyubaka ndetse banga icyabasubiza mu mateka mabi yaranze igihugu mu gihe cyashize.
Yashimangiye ko abarokotse Jenoside yakorerwe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, biteguye guhangana n’abahembera ihakana n’ipfobya ndetse n’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Genevieve, yaboneyeho no gusaba ubuyobozi bw’iri torero gushishikariza abakristo baryo kwitabira iki gikorwa ku bwinshi kuko ko bigaragara ko ubwitabire bukiri hasi, ndetse asaba ko byarenga umujyi wa Kigali bikagera no mu zindi ntara iri torero rikoreramo.
Ati “Turasaba Itorero
ryacu ko iki gikorwa cyagera ku rundi rwego kuko bigaragara ko ubwitabire
bw’abakristo ari buke, tukabasaba ko badufasha gushishikariza abakristo bakajya
bifatanya natwe muri iki gihe, ndetse kikava ku rwego rwa Siyeje ya Kigali kikagera
ku rwego rw’igihugu, aho tuzajya twibuka, tukibuka mu ntara zose z’u Rwanda kugira ngo dukomeze twibuke abacu mu Itorero EEAR.”
Ubuyobozi bw’Itorero
ry’Ivugabutumwa ry’Inshuti mu Rwanda ‘EEAR’, buvuga ko Kwibuka abakristo 35 babashije kumenyekana bari basanzwe barisengeramo. Kuri ubu bavuga
ko bagikomeje gushaka n’abandi baba barazize uko bavutse bakavutswa ubuzima muri Jenoside.
Umuvugizi w’Itorero
ry’Inshuti mu Rwanda, Mupenda Aaron yavuze ko Itorero ashumbye ryashyizeho
ibikorwa bitandukanye birimo ibyo Kwibuka, gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, babaremera ndetse n’ibindi nk’umurongo w’Itorero mu gutanga umusanzu wo kubaka u Rwanda n'abanyarwanda.
Yagize ati “Itorero
ryashyizeho gahunda y’ibikorwa bitandukanye irimo iyo Kwibuka iriya miryango
ndetse n’abavandimwe n’abanyarwanda muri rusange. Itorero ryacu ryashyizeho
gahunda yo gusura, gufata mu mugongo ndetse no kwihanganisha imiryango yacitse
ku icumu tubaba hafi.”
Yongeyeho ati: “Twahyizeho kandi gahunda yo kuremera abarokotse Jenoside, ndetse no gutegura ibiganiro byo
kubakomeza cyane cyane mu gihe cyo Kwibuka, hihanganishwa abarokotse Jenoside kugira ngo bakomere kandi turashima Imana yabarokoye, yabahaye imbaraga zo
gukomera cyane mu bihe turi kwibuka.”
Umushyitsi mukuru muri
iki gikorwa ari we muyobozi mukuru ushinzwe ibikorwa rusange mu Karere ka
Kicukiro, Murenzi Donatien, yashimiye itorero ry’Ivugabutumwa ry’inshuti mu
Rwanda ku bwo gutegura igikorwa cy’ingirakamaro kandi cy’ubutwari, ashimangira
ko ari umusanzu ukomeye mu kubaka igihugu.
Mu ijambo rye yagize ati:
“Imyaka 30 irihiritse Jenoside ibaye. Tugomba guhora twibuka, uyu muco
tukazawuhererekanya n’abana bacu bakazahora bibuka n’abazabakomokaho kugira ngo
Jenoside nk’iyi ngiyi itazongera na rimwe mu Rwanda, ndetse n’ahandi hose ku
isi.”
Musenyeri Samuel
Kayinamura niwe washyize akadomo kuri iki gikorwa hamwe n’isengesho.
Itorero ry'Ivugabutumwa ry'Inshuti ryibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi
Hibutswe abakristo 35 basengeraga muri iri torero babashije kumenyekana
Abakristo b'iri torero bari bitabiriye iki gikorwa n'ubwo imvura yaguye kuva gitangiye kugeza kirangiye
Hashyizwe indabo ku ibuye ry'urwibutso
Ubuyobozi bw'Akarere ka Kicukiro bwihanganishije abacitse ku icumu rya Jenoside, bushimira Itorero EEAR ryateguye iki gikorwa cyo kwibuka
TANGA IGITECYEREZO