RFL
Kigali

Tyla yavuze ku ndirimbo yakoze iriza umubyeyi we n’ubuhanga bwa Tems

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:23/04/2024 8:16
0


Tyla Laura Seethal [Tyla] yongeye kugaruka ku rwo akundwa n’ababyeyi bamwibarutse, ashima ubuhanga bwa Temilade Openiyi [Tems] baheruka gukorana No1.



Tyla wamaze guca agahigo ko kwibikaho igihembo cya Grammy, yavuze ko atari abyiteguye kuri uwo munsi nibyo yavuze kuri wo atari ibintu yari yatekerejeho mbere.

Avuga ko wari umunsi w’amateka atajya yibagirwa ukuntu ababyeyi bari banamuherekeje babyishimiye cyane Mama we yari agiye kurira.

Anahishura uburyo uyu mubyeyi we akunda byakataraboneka indirimbo iri ku muzingo wa mbere w’uyu mukobwa yise ‘Art’ ko ayumva kenshi gashoboka.

Ikaba ari indirimbo igaruka ku mukobwa wifuza gukundwa nk'uko abantu bakunda ubuhanzi.

Mu minsi yashize yaherukaga gutangariza Kiss Fresh, UK ko akunda byimazeyo Tems banahuriye mu ndirimbo.

Tems ubwo yabisangizwaga byamukoze ku mutima hafi yo gusuka amarira.

Uyu muhanzikazi yongeye gushimangira uburyo Tems ari umuhanzikazi udasanzwe.

Ati”Gukorana na we ntabwo bisanzwe, ni umuhanga, afite imbaraga, ntewe icyubahiro no kuba narakoranye na we, yamfunguriye amarembo twese.”

Agaragaza ko indirimbo bakoranye ari inziza kandi ifite ubutumwa bwiza.Tyla n'ababyeyi be bari bamuherekeje mu itangwa ry'ibihembo bya Grammy Tems aheruka kugaragaza ishimwe aterwa na Tyla wavuze ko amufatiraho urugero

KANDA HANO WUMVE N01 YA TYLA NA TEMS

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND