RFL
Kigali

Uko wahangana n'ikibazo cy'imvi zimera imburagihe

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:18/04/2024 16:08
0


Guhinduka kw’ibara ry’umusatsi cyangwa kunanuka kwawo ni kimwe mu bibazo benshi bahura na cyo bakabangamirwa n’izi mpinduka cyane cyane igitsinagore igihe bakiri bato.



Uburyo imisatsi ihinduka uko abantu basaza ntabwo buri gihe byakirwa neza kuri bamwe bitewe nuko baba bifuza kugumana umusatsi ufite umwimerere wawo, gusa nta muntu n’umwe ufite ububasha bwo kubihagarika cyane cyane igihe bitewe n’imyaka cyangwa gusaza.

Abiganjemo abakiri bato bananirwa kwiyakira igihe batangiye kubona umusatsi wabo w’umukara uhinduka umweru bakamera imvi cyangwa imvi z’umweru zisa n’irimo akabara gatukura.

Byatangajwe ko impinduka ziba mu mubiri w’umuntu igihe asaza uturemangingofatizo zituma umubiri udakomeza gukora  neza, tugacika intege bityo umusatsi ntukomeze gusa nk’uko wasaga mu myaka y’ubuto.

Gutakara k’ubudahangarwa bw’umubiri kubera imyaka bituma ikitwa “Melanocyte” gitanga umusatsi w’umukara gitakaza imbaraga bityo umuntu agatangira kumera imisatsi y’imvi.

Umuyobozi w'ikigo cy’ubuvuzi bw’imyororokere cya kaminuza ya Boston, Neelam Vashi yagize agira ati: “Impinduka nyinshi abagabo n’abagore babona mu misatsi yabo batekereza ko ari ingaruka zo kugabanuka kw’imikorere y’ingirabuzimafatizo “Cells” ziri mu musatsi.

Ati: "Nibyo mugihe tugenda dukura, izo selile [Ingirangingo z’umubiri] ntizikora neza nkuko byari bisanzwe.

Kumera imvi mbere yo gusaza bishobora guterwa n’impinduka mu mikorere y’imisemburo yo mu mubiri ariko iyi ngaruka ikibasira abagore kurusha abagabo ukurikije imibare igaragara nkuko The Washington Post ibitangaza.

Abahanga bavuga ko bigoye kugarura umusatsi warusanganywe igihe watangiye kumera imvi ariko bikaba bibi cyane igihe umusatsi unanuka cyangwa ugapfuka. Ibi bitera igitsinagabo kumera uruhara imburagihe cyangwa abagore bakagira umusatsi w’ubwoya utabyibuha.

Imwe mu mpamvu ikomeye ituma abantu bashobora kumera imvi bakiri bato harimo kubura vitamini ziri mu bwoko bwa B nka B-6 B-12. Izi vitamini zigira uruhare mu kubungabunga ubuzima bw’umusatsi ukagumana umwimerere wawo.

Bimwe mu biribwa bikungahaye kuri vitamini zo mu bwoko bwa B kugirango zihangane n’iki kibazo birimo amagi, avoca, inyama z’umwijima, imboga za epinary, ibihumyo, karoti, inyama z’inkoko, imineke, ibikomoka mu mazi nk’amafi,n’ibindi nkuko Healthline.

Bimwe mubyo kwirinda habungwabungwa ubuzima bw'umusatsi no gusa neza kwawo harimo kuwurinda amavuta abonetse yose, kurya indyo yuzuye, ndetse no kwibanda kuri vitamini ziri mu bwoko bwa B.

Medical News Today itanagaza ko mu bintu abantu badakunze gusobanukirwa bishobora gutera umuntu kumera imvi imburagihe harimo kugira sitires “ Strees” nyinshi kandi bikaba nk’akamenyero. 

Batanga inama ko, abantu bagomba kwiga kwiha amahoro no kubaho batekanye mu bihe byose barimo n'iyo byaba bibagoye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND