Rajab Abdul Kahali [Harmonize] wajyanye na Jacqueline O’bed [Poshy Queen] aho bagaragaye bishimye mu rugo rw’uwahoze ari Perezida wa Tanzania, Jakaya Kikwete, yakomoje ku kuba umugore atari umuntu ndetse asanga ari we Mana nubwo benshi bayifata nk’umugabo.
Uyu mugabo uri
mu bamaze gushinga imizi, yazamuye ibitekerezo byinshi mu bamukurikira
n’abakunzi b’imyidagaduro ubwo yagaragaza ko atekereza ko Imana ari umugore.
Harmonize yagize ati: ”Byamfashe imyaka 30 kubasha kwiyumvisha ko Imana ari umugore.”
Ibi
abishimangira agira ati: ”Nemeranya n’imirongo yo mu bitabo bitagatifu ivuga ko
ntawe basa na n'uwo wabagereranya.”
Yakomeje yerekana
ko kuvuga ko Imana ari umugore bishingira ku mirimo itangaje abona bakora mu
buzima bwa muntu. Uretse kuba abantu bita Imana, Data ariko rwose abagore bakora
ibintu birenze iby’’abagabo.
Aha agereranya
konsa no kubyara nk’imirimo abona ko ikwiye umuremyi. Mu buryo bwe Harmonize
ati”Twese dukurira munda z’abagore, abe inyamaswa n’ibindi biremwa uko byumva
umugore arenze kuba umuntu.”
Harmonize agaragaza
ko bidashoboka n’umunsi n'umwe ko yazigera yigereranya n’umugore kuko mu Isi
umugore arenze kuba ikiremwamuntu aka Rumaga ngo umugore si umuntu.
Benshi mu
bamukurikira bagiye batanga ibitekerezo kuri iyi ngo bamwe babyemeza abandi
babihakana.
Muri iyi minsi
Harmonize akaba ameranye neza na Poshy Queen ndetse urukundo rwabo rukaba
rurambye ndetse ubwo bizihizaga Eid al Fitr, bakaba baragaragaye
bari kumwe n’uwabaye ari Perezida wa Tanzania, Jakaya Kikwete.Harmonize uri mu bihe byiza by'urukundo na Poshy Queen, yavuze ko atiyumvisha impamvu abantu bita Imana Data nyamara asanga yagakwiye kuba ari umugore
Harmonize n'umukunzi we baheruka gusura uwahoze ari Perezida wa Tanzania, Jakaya Kikwete n'umufasha we
TANGA IGITECYEREZO