Kigali

Kate Bashabe, Shaddyboo na Tidjara bazirikanye Abayisilamu babifuriza umunsi mwiza wa Eid al Fitr

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:10/04/2024 16:45
0


Bamwe mu byamamare bifurije Abayisilamu basoje ukwezi gutagatifu kwa Ramadhan, umunsi mwiza wa Eid al Fitr.



Kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Mata 2024 ni bwo hizihizwe umunsi wa Eid Fitr mu isengesho ryo ku rwego rw’igihugu ryabereye i Nyamirambo kuri Kigali Pele Stadium.

Mufti w’u Rwanda, Sheikh Salim Hitimana, yagarutse ku buremere bw’uyu munsi ati: ”Bagaragu ba Allah, umunsi wa Eid al-Fitr, ni umunsi w’ibyishimo n’umunezero ku mwemeramana kuko yishimira kuba asoje itegeko yahawe na Allah.” 

Yavuze ko uwasibye muri uku kwezi kwa Ramadhan agira ibyishimo bibiri ari byo igihe asoje igisibo ndetse no ku munsi w’imperuka igihe azaba ahuye na Allah agiye kumuha ibihembo yageneye abasibye.

Bijyanye n’uburemere bw’uyu munsi, Shaddyboo witabiriye aya masengesho yazirikanye Abayisilamu ati: ”Mbifurije mwese ibihe by’umunezero n’amahoro bya Eid, Allah yakire gusiba kwanyu hamwe n’amasengesho yanyu.”

Tidjara Kabendera na we yagaragaje ishimwe ryuzuye umutima we ati: ”Alhamdulillah turashima Allah we wadushoboje tunamusaba gukomeza kuturinda twese abana b'u Rwanda, Allah ahe imigisha igihugu cyacu akirinde ikibi.”

Kate Bashabe na we yazirikanye abemera-Mana bose b’Abayisilamu agira ati: "Imigisha ya Allah yuzuze ibyishimo mu buzima bwanyu kandi ibafungurire imiryango y’ubutsinzi.”

Kate Bashabe yifatanyije n'Abayisilamu muri iki gihe cy'umunsi wa Eid al FitrTidjara Kabendera yashimiye Imana yabashoboje gusoza ukwezi kwa RamadhanShaddyboo yasabiye Abayisilamu bose ko Imana yakira igisibo n'amasengesho yabo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND