Kigali

Robertinho yahakanye uburwayi, asaba Rayon Sports kumwishyura miliyoni 43 Frw

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:15/04/2025 21:36
0


Umunya Brazil Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uherutse guhagarikwa na Rayon Sports ku mpamvu z’uburwayi, yahakanye ubwo burwayi ahubwo avuga ko yishuza amafaranga Miliyoni 45 Rwf.



Nyuma y’uko Rayon Sports ihagaritse by’agateganyo umutoza wayo mukuru Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uzwi nka Robertinho, uyu mugabo ukomoka muri Brésil yatangaje ko impamvu zatanzwe zitumvikana anasaba kwishyurwa umushahara we w’amezi atandatu asigaye ku masezerano ye.

Ku wa Mbere, tariki ya 14 Mata 2025, nibwo ubuyobozi bwa Rayon Sports bwandikiye Robertinho na Mazimpaka André, umutoza w’abanyezamu, bubamenyesha ko bahagaritswe by’agateganyo, maze Robertinho abwirwa ko ari ku mpamvu z’uburwayi. Ariko Robertinho we yemeje ko ameze neza.

Yagize ati: “Njyewe nta burwayi mfite. Nta muganga wigeze ambwira ko ndwaye. Ibyo kuba baramfatiriye icyemezo nk’icy’umurwayi birantangaje. Ahubwo niba nta kazi mfite, sinumva impamvu naguma hano.”

Robertinho uhembwa amadolari ibihumbi bitanu ku kwezi (5,000$), avuga ko adaheruka guhembwa kuva muri Mutarama 2025. Bityo asaba ubuyobozi bw’ikipe kumwishyura ibihwanye n’amezi atandatu, amafaranga angana na 30,000$, arenga miliyoni 43 z’amafaranga y’u Rwanda, nk’uko amasezerano ye abiteganya.

Yakomeje agira ati: “Simba ndi gukora, sinari gukomeza kuba mu gihugu ntagira aho nkorera kandi ntagihabwa umushahara. Nta kidasanzwe nsabye uretse kwishyurwa ibyo nemerewe, hanyuma nkasubira iwacu muri Brésil, nsange umuryango wanjye.”

Mu kiganiro yagiranye na Radio & TV10, uyu mutoza yavuze ko aramutse abonye ubwishyu, nta kindi kibazo yaba agifitanye na Rayon Sports. Yavuze kandi ko atigeze agira uruhare mu makimbirane cyangwa mu gushishikariza abakinnyi kugira imyitwarire mibi nk’uko bamwe babivuga mu ibanga.

“Ikibazo si njyewe. Ikibazo kiri mu buyobozi butubahiriza inshingano zabwo. Nta muntu ukwiye gufatirwa ibihano bikomeye kubera urujijo rutagira gihamya."

Robertinho yahakanye ko afite uburwayi yashinjwe na Rayon Sports ijya kumuhagarika






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND