RFL
Kigali

Faye agaragiwe n’abagore be 2 yarahiriye kuyobora Senegal asimbuye -AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:2/04/2024 17:42
0


Diomaye wari umaze igihe afungiwe kuba umwe mu batavugwa rumwe n’ubutegetsi bwa Senegal akaza kurekurwa mbere gato y’amatora bikanarangira ayegukanye ku majwi 54 % yarahiriye inshingano nshya nka Perezida mushya wa Senegal.



Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 02 Mata, 2024 yarahiriye inshingano nshya nyuma y'uko yari yamaze kwegukana intsinzi ku wa 24 Werurwe ku myaka 44, bikanamwinjiza mu bayobozi n’abakuru b’ibihugu bato ku Isi.

Uyu mugabo yagize ati”Imbere y’Imana n’abaturage b’igihugu cya Senegal, ndahiriye kuzuza inshingano z’Umukuru wa Repubukika ya Senegal kandi nzubahiriza nkanarinda Itegeko Nshinga n'andi mategeko.”

Yarahiriye kandi kurinda ubusugire bw’igihugu, kurinda imbago zacyo no guharanira ubumwe bw’Abanyafurika, hakaba hategerejwe ihererekanwa bubasha hagati ya Perezida Faye na Macky Sall rwagati muri Dakar.

Benshi mu barwanashyaka ba Perezida Faye, bavuze ko iki gihugu cyungutse umugabo w’amahame n’inshingano witezweho gukomeza kubaka iki gihugu.

Iyi ntsinzi ayigezeho nyuma yo kwerekana ko adashobora na rimwe kwemera ko hagira uhindura Itegeko Nshinga, biri mu byatumye afungwa ndetse benshi bakaba bariciwe mu myigaragambyo abandi bagera ku gihumbi bafunganwa na we.

Bimwe mu byo Faye ashyize imbere bikaba birimo guhangana n’ibibazo bya ruswa, kubungabunga amabuye y’agaciro y’iki gihugu, kurwanya ibibazo by’ibura ry’akazi mu rubyiruko no kurandura burundu ibishamikiye ku bukoloni bw’u Bufaransa muri iki gihugu.

Faye akaba avukana n’abashiki be babiri banaje kwifatanya na we mu irahira rye.

Mbere y’amatora uyu mugabo akaba yaragaragaje ko  ubutunzi bwe  bugizwe n’inyubako iri mu mujyi wa Dakar, ubutaka afite ku ivuko n’amafaranga ari konti ye angana n’ibihumbi 6.6 by’amadorali.Abaye Perezida nyuma y'igihe ari impirimbanyi ya politiki byanatumye agenda afungwa kugeza ubwo yafungurwaga mbere gato y'amatoraMubyo yashyize imbere harimo kurandura ruswa n'ubukoloni bw'u Bufaransa Yiyemeje kurinda ubusugire bw'igihugu agaharanira iterambere ry'urubyiruko Abagore be bari bamuherekeje aribo Marie iburyo na Absa ibumosoAri mu bagabo bakiri bato babashije guca agahigo ko kuyobora igihuguKu wa 28 Werurwe nyuma yo gutsinda yagiranye ibiganiro na Perezida ucyuye igihe Macky Sall biteganijwe ko bahererekanya ububasha mu masaha make ari imbereUmuhango wo kurahira wa Perezida Faye witabiwe n'abarimo bashiki be babiri 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND