RFL
Kigali

Jado Sinza yasohoye indirimbo 'Agakiza' yafatiwe amashusho mu gitaramo 'Redemption Live Concert' - VIDEO

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:2/04/2024 13:42
0


Jado Sinza wakoze igitaramo “Redemption Live Concert” agafatiramo amashusho ya zimwe mu ndirimbo ze nshya, yatangiye kuzishyira hanze aho yahereye ku yitwa “Agakiza”.



Nyuma y'ibitaramo bibiri amaze gukorera muri Dove Hotel, umuramyi Jado Sinza aherutse gutera intambwe ikomeye, akorera igitaramo muri Camp Kigali, cyitabiriwe n'ibyamamare bitandukanye byumwihariko abamenyekanye mu kuramya no guhimbaza Imana hano mu Rwanda harimo Aline Gahongayire, Tonzi, Gaby Kamanzi n'abandi.

Ni igitaramo Jado Sinza yakoze nyuma y'iminsi myinshi acyitegura ndetse anafatiramo amwe mu mashusho y'indirimbo ze yatangiye gusohora. Muri iki gitaramo, Jado Sinza yagaragaje album ye yise "Inkuru y'agakiza" ndetse Umushumba Mukuru w'itorero rya ADEPR, Rev Isaie Nayizeye, ayiha umugisha.

Nk’uko yari yarabisezeranyije abakunzi b’ibihangano bye, Jado Sinza yatangiye gushyira hanze amashusho y’ibihangano bye yafatiye muri Camp Kigali.

Kuri ubu, Jado Sinza yashyize hanze amashusho y’indirimbo “Agakiza” irimo ubutumwa bugendanye na Pasika nk’aho aririmbamo ngo “Agakiza kavuye mu rupfu rwa Yesu”.

Si iyi ndirimbo gusa ahubwo Jado Sinza yakoze izindi ndirimbo azagenda ashyira hanze mu minsi ya vuba nk’uko yabyijeje ababashije kumushyigikira muri iki gitaramo ndetse n’abatarabashije kuhagera.


Jado Sinza yatangiye gushyira hanze amashusho y'indirimbo yakoreye mu gitaramo Redemption Live Concert


Jado Sinza yari yatumiye Zoravo ukomoka mu gihugu cya Tanzania



Zoravo yashyize hanze amashusho y'indirimbo "Agakiza"


Jado Sinza yasabiwe umugisha na Rev Nayizere Isaie umushumba mukuru w'itorero ADEPR mu Rwanda

Reba amashusho y'indirimbo "Agakiza" ya Jado Sinza

">

Amafoto:Freddy Rwigema/Inyarwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND