Nyuma y'umukino ikipe ya Etincelles FC yanganyijemo na Bugesera FC, Tuyisenge Jacques yagiranye ibiganiro n'abakinnyi ba Etincelles FC ndetse abatera akanyabugabo.
Kuri
iki cyumweru twashoje, nibwo ikipe ya Bugesera FC yari yakiriye Etincelles FC
mu mukino w'umunsi wa 25 wa shampiyona. Ni umukino wabereye kuri sitade
y'akarere ka Bugesera, ukaba waje kurangira aya makipe yombi anganyije ibitego
2-2. Wari umukino usobanuye byinshi kuri aya makipe, kuko ikipe ya Bugesera FC
na Etincelles FC zikina zirwana no kutamanuka mu cyiciro cya kabiri.
Nyuma
y'uyu mukino, Rutahizamu w'ikipe y'igihugu Amavubi ariko kuri ubu udafite ikipe
Jacques Tuyisenge, yagiranye ikiganiro n'abakinnyi ba Etincelles FC nk'ikipe
yakuriyemo.
Itangazamakuru
riganira na Bizumuremyi Radjab utoza ikipe ya Etincelles FC yavuzeko Tuyisenge
yabwiye abakinnyi ko nta rirarenga.Ati"Nta kintu cy'igitangaza
baganiriye, ahubwo bari baje gutera akanyabugabo abakinnyi, Tuyisenge ni umuntu
twafata nk'umuyobozi muri Etincelles FC yabayemo imyaka myinshi kandi agira
uruhare runini iyo ikipe iri mu bibazo nk'ibi akaba yari aje kubereka ko nta
kidashoboka mu mupira w'amaguru. Ubuyobizi bwacu bwo bwavuze ko nubwo intego
idaragerwaho 100%, nibura hari icyo dukoze kuko dukuye inota hanze.
Ubu
ikipe ya Etincelles FC iri ku mwanya wa 13 n'amanota 26 amanota inganya na na
Sunrise FC ya 14 na Gorilla ya 12.
Tuyisenge amaze iminsi adafite ikipe, gusa akaba ari umwe mu bantu bari kuba hafi Etincelles FC cyane
TANGA IGITECYEREZO