Abimukira bavaga muri Sengal berekeza muri Espagne bari hagati ya 200 na 300 bakoze impanuka harokokamo 20, abandi 20 baboneka bapfuye mu gihe bivugwa ko hari ababuriwe irengero benshi.
Guverineri wa Saint Louis yemeje iyo mpanuka anavuga ko abashinzwe ibikorwa by’ubutabazi n’ingabo zirwanira mu mazi, bari mu bikorwa byo gushakisha abarohamye mu mazi bataraboneka nyuma y’iyo mpanuka.
Abarokotse impanuka y'ubwo bwato yabereye mu Nyanja ya Altantic bavuze ko bwarimo abantu hari hagati ya 200 na 300 Kandi harokotsemo abantu 20 mu gihe habonetse imirambo 20 ariko abandi bakaba baburiwe irengero.
Amakuru yatanzwe n'abari mu bwato bavuze ko umusare wari utwaye abimukira mu bwato yababwiye ko gukomeza urugendo ruberekeza mu birwa muri Espagne.
Mu bihe bitandukanye Abimukira bambuka bava muri Senegal bajya muri Senegal bagiye mu birwa bya canal bag bakoze impanuka zahitanaga ubuzima bwabo. Muri 2023 umubare w'Abimukira binjiye muri Espagne bavuye muri Sengal bari 32.000 kugeza mu Ugushyingo.
Ivomo: Info Migrants.net
TANGA IGITECYEREZO