RFL
Kigali

Adrien Misigaro yatangiye kwifashisha abaramyi mu guhindura urugo rwe igicaniro cyo kuramya-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:29/02/2024 11:22
0


Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Adrien Misigaro, yatangiye urugendo rwo guhuza imbaraga n'abandi baramyi bamusura iwe muri Leta Zunze za Amerika, mu rugendo rwo gukora indirimbo zituma iwe haba igicaniro cyo kuramya Imana mu rugendo "Altar of Worship."



Yatangiye uru rugendo mu mezi ane ashize, aho yahuje imbaraga na Keilla Gahimbare bakorana indirimbo zirimo 'Ntereye Umusozi', 'Ni Njyewe' ndetse na 'Nditabye'.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Gashyantare 2024, yasohoye indi ndirimbo yise “Tube Hafi” yakoranye n'ubu n'uyu mukobwa basanzwe baturanye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu butumwa bwo kuri Instagram, Adrien Misigaro yavuze ko iyi ndirimbo yayihimbye mu myaka 13 ishize, kandi ko ubutumwa burimo bwakomeje kuba inkomozi ikomeye kuri we, ndetse muri iki gihe irakenewe cyane kuko abantu bakeneye kwegera Imana.

Yavuze ko iyi ndirimbo yakomeje kuba isengesho rye kandi ‘dukeneye Imana muri buri ntambwe dutera’. Yumvikanishije kuva mu mwaka wa 2010 yahimba iyi ndirimbo yakomeje kumuherekeza ‘muri iyi myaka yose’.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Adrien Misigaro yavuze ko nyuma yo kurangiza Album ye ya Gatatu, yatangiye urugendo rwo guhuza imbaraga na bamwe mu baramyi bamusura iwe mu rugendo rwo gukora indirimbo zihimbaza Imana 'no gutuma iwanjye haba igicaniro cyo kuramya Imana'.

Yavuze ati "Ni urugendo rwiza rugamije kwifashisha inshuti, abavandimwe n'abandi bashyitsi bangenderera mu rugo mu rwego rwo gukora indirimbo zihimbaza Imana. Namaze gushyira mu rugo bimwe mu bikoresho by'umuziki bimfasha gukora iki gikorwa, aho dufata amajwi y'indirimbo ndetse n'amashusho yazo."

Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo 'Buri munsi', avuga ko bamaze gufata amajwi n'amashusho ya zimwe mu ndirimbo bagiye basubiramo ndetse n'izindi bahimbye bazagenda bashyira hanze mu bihe bitandukanye.

Adrien Misigaro avuga ko bafata amajwi y'iyi ndirimbo ndetse n'amashusho, hari bamwe mu bo mu muryango we n'abandi bashyitsi baba babasuye.

Ati "Witegereje neza nko mu ndirimbo za mbere urabona ko twakoze amashusho hari abo mu muryango wanjye, rero ni urugendo rugamije guhuza imbaraga n'abaramyi bagenderera mu rugo tugakora indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana."

Adrien Misigaro aherutse gusoza Album ye ya Gatatu

Adrien avuga ko buri ndirimbo igize Album ye yayanditse mu murongo w'ijwi ry'Imana ivugana n'umuntu'.

Ati "Akenshi nkunda kwandika indirimbo mu buryo butatu; indirimbo nyinshi nandika ari isengesho nyinshi zisaba cyangwa se ziramya Imana mbese nk'umuntu mvugana n'Imana, mpagarariye Imana ku Isi mbwira abantu, ubasaba kwihana, ubabwira ibyo Imana ikora mbese muri uwo mwanya ubwira ubutumwa abantu."

Uyu muhanzi anakora indirimbo z'aho umuntu atega amatwi akumva Imana icyo ivuga. Avuga ko abantu banyuze mu bintu byinshi birimo nk'icyorezo cya Covid-19, intambara zidashira n'ibindi, aho buri wese ashobora gutekereza akibaza niba Imana ikimwibuka.

Misigaro avuga ko buri wese akwiye gufata umwanya akitekerezaho, kandi akumva ko Imana ishobora byose, kandi iyo ivuze itanga ihumure 'imitima yacu igatuza'.

Mu ndirimbo 'Ninjye ubivuze' yitiriye album ye, uyu muhanzi aririmba abwira buri wese ko Imana ihindura amateka y'ubuzima bwa buri wese.

Ati "Ndirimba mbwira buri wese, Imana iravuga nanjye, Imana irambwira iti wirira, wikiyanduriza umutima, kuko ni njye ubivuze, ninjye uzi aho nkwerekeza kandi ntabwo nzagusiga."

Misigaro avuga ko iyi ndirimbo ari isezerano Imana iha buri wese. Kandi avuga ko buri ndirimbo iri kuri iyi album igarukaho neza neza ku kumvikanisha ubufasha bw'Imana.

Ati "Ndizera ko abantu bazumva Imana kuri iyi album. Nari maze igihe narafashe akaruhuko, ariko nifuzaga kuzatanga ikintu cyiza cyane, kandi nziko abantu bazabyumva."

Adrien Misigaro yatangaje ko yatangiye urugendo rwo gukorana indirimbo n'abahanzi bagenderera urugo rwe- Aha yari kumwe na Japhet Ingeri

Adrien Misigaro yavuze ko gukorana indirimbo n'aba bahanzi biri mu murongo wo kuramya Imana mu buryo bwuzuye-Aha yari kumwe n'umuramyi Tumaini Byinshi

Keilla Gahimbare wakoranye indirimbo na Adrien Misigaro asanzwe ari umuturanyi we
Keiila Gahimbare ari umuhanzikazi batanga icyizere mu muziki w'indirimbo ziha ikuzo Imana   

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'TUBE HAFI' YA ADRIEN MISIGARO NA KEILLA GAHIMBARE

 ">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO ESHATU ADRIEN YAKORANYE NA GAHIMBARE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND