Indirimbo ya Shemi ‘Peace of mind’ ndetse na ‘Peace of mind remix’ yakoranye na Juno Kizigenza zasibwe kuri YouTube kubera kubura ubwishyu.
Indirimbo ‘Peace of mind’
ya Shemi yagiye hanze ku wa 09 Ukuboza 2022. Ni indirimbo yabaye ikiraro
cy’uwari umunyeshuri wigaga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye, Shema Mico
Gibril waje kumunyekana ku kazina ka Shemi.
Iyi ndirimbo yarakunzwe cyane byumwihariko itwara imitima y’urubyiruko
rwiganjemo igitsina gore. Bidateye kabiri abantu bamenye ko uyu musore muto ari
mwishywa w’umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi ku izina rya The Ben.
Iyi ndirimbo yabaye ikiraro cy’uyu mwana bituma akora izindi
ndirimbo zitandukanye zirimo “Solo’ ‘One time’ n’izindi.
Iyi ndirimbo yaryoheye benshi barimo n’abahanzi bakomeye
bifuje ko bayisubiranamo n’uyu musore. Ku ikibitiro umuhanzi Davis D yaryohewe
n’iyi ndirimbo, bayisubiranamo.
Iyi ndirimbo yarakozwe ariko impande zombi rwaba urwa Davis
na Shemi, ntibabashije kumvikana uko isohoka. Aba bombi bapfuye ku kuba Davis D
yarasabye amafaranga angana n’ibihumbi magana atatu y’u Rwanda. Shemi avuga ko
atatanga indirimbo ngo anayigerekeho amafanga ndetse banzura kuyireka.
Undi muhanzi wakunze iyi ndirimbo ni Juno Kizigenza. Uyu basubiyemo
iyi ndirimbo ndetse byayigejeje ku ishyirwa hanze ryayo ku wa 17 Gashyantare 2024.
Iyi ndirimbo ntiyatinzeho kuko nyuma y’iminsi ine iyi yahise ikurwa ku muyoboro wa YouTube ijyana n’iyayibanjirirje ‘Peace
of mind’ na ‘Peace of mind remix’.
InyaRwanda yamenye amakuru ko iyi ndirimbo yasibwe n’ikipe y’uwayikoze,
Producer Huybbie
Ubusanzwe iyi ndirimbo yumvikanamo amazina abiri y’abayikozeho
mu itunganywa ry’amajwi aribo Huybbie na Romeo. Iyo Shemi yajyaga mu biganiro n’itangazamakuru,
yabaga ari kumwe na Romeo usanzwe ari umujyanama we akaba ari mu bayikoze ku
buryo abenshi bari bazi ko ariwe uyiri inyuma.
Mu gushaka icyaba cyihishe inyuma y’isibwa ry’izi ndirimbo,
InyaRwanda yagerageje kuvugisha bamwe mu nshuti z’aba bahanzi.
Umwe mu bantu ba hafi, utifuje ko tumutangaza izina, yatubwiye ko izi ndirimbo zombi zakuwe ku muyoboro wa YouTube ku bwo kutishyura.
Yagize ati ‘Indirimbo zose ni Huybbie wazisibishije kuko
batamwishyuye. Erega indirimbo zose zakozwe na Huybbie nuko zirimo na jingle
[akarango] ya Romeo.
Ubundi ‘Peace of mind’ ya mbere yakozwe nta mwumvikane na buke
bubayeho kuko yaba Huybbie cyangwa Shemi nta n'umwe wumvaga ko izakundwa, ni
nayo mpamvu wumva itarimo izina rya Huybbie inshuro nyinshi. Iyi ndirimbo
yashyizwe kuri YouTube ya Loud Sound kugirango barebe ko hari ikizavamo.
Imaze kujya hanze igakundwa, amafaranga yayo yariwe na Shemi
n’ikipe ye ndetse na Pro Zed, nyiri Loud Sound, Huybbie baramwirengagiza.
Akajya ahora abasaba ko bamuha imigabane kuri iyi ndirimbo cyanwa se ngo bamwishyure
ariko bakamubeshya iminsi igenda yicuma.
Igihe cyarageze basubirayo gukora indi na Davis D ndetse n’iya
Juno Kizigenza, bakamubwira ko bazamuha imigabane kuri imwe muri izi, iyari
gusohoka yose. Igisohoka, iya Juno Kizigenza, Huybbie yamenye ko bishyuye
Element bari bayisubiranyemo, nawe asaba ko bamwishyura, bamubwira ko ibyiza
ari ukumuha imigabane akinjiza bitewe n’uko iyi ndirimbo izakundwa”.
Uyu muntu yavuze ko yageze aho akabona barimo kumubeshya,
agafata umwanzuro wo kuzikura kuri YouTube zose.
Ati “Urumva indirimbo yarasohotse batangira kutamwitaba,
banamwitaba, bakamubeshya guhura nawe, ntibahure, birangira arambiwe ahita
azivanishaho uko ari ebyri. Urumva kuko iya mbere yari yarayikoreye ubuntu, n’izindi
akazikorera ubuntu, bari bumvikanye ko azahabwa 30 ku ijana by’ibyo izinjiza,
birangira abona barimo kumubeshya niko kuzikuraho rero zose”.
Yabwiye InyaRwanda ko akiyikuraho, ikipe ya Shemi yahamagaye
Huybbie. Ikavuga ko nta mafaranga yo kumwishyura yabona cyane ko ari
umunyeshuri.
Icyakora hari andi makuru avuga ko ibyo gufata imigabane
kuri iyi ndirimbo atakibikozwa ahubwo ngo ashaka amafaranga ibihumbi magana atatu
kuko ngo abona n’ubundi byazabateranya.
Twagerageje kuvugisha Shemi ngo twumve icyo abivugaho gusa telefoni ye ntiyacamo
Producer Zed wayishyize ku muyoboro wa YouTube we 'Loud Sound' yabwiye InyaRwanda ko iyi ndirimbo yabaye ikuweho by'agahe gato kubera ko hari ibabzo byaye birimo gukemurwa ariko ntiyerura ibyo aribyo.
Iyi ndirimbo ‘Peace of mind’ ya Shemi yari imaze kurebwa n’abasaga
miliyoni mu gihe iyi nshya yari imaze kurebwa n’abagera ku bihumbi ijana.
Ku rubuga rwa Shemi nta Peace of mind remix ikigaragaraho
Peace of mind ya mbere ya Shemi ntiri kuri YouTube
Peace of mind yasibishijwe n'uwitwa Ishimwe Kevin usanzwe ariwe ugenzura ibikorwa bya Huybbie
Indirimbo 'Peace of mind' za Shemi zirimo iyo ari kumwe na Juno Kizigenza zasibwe kubera kutishyurirwa
Juno Kizigenza ari mu ndirimbo 'Peace of mind remix' nayo yamaze gusibwa kuri YouTube
Huybbie
Shemi avuga ko 'Peace of mind' yakozwe na Romeo na Huybbie
Reba Fine ya Shemi na Juno Kizigenza bari bashyiriye hanze rimwe na Peace of Mind remix
TANGA IGITECYEREZO