Kigali

Bahavu Jeannette yakuyeho urujijo ku bitiranya intsinzi yo kwishimirwa

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:20/02/2024 18:22
0


Usanase Bahavu Jeannette wamamaye muri filime nyarwanda yasangije abakunzi be ibyiza byo gukora cyane birimo gusarura intsinzi yo kuyishimira nta mutima ugucira urubanza.



Ubu butumwa yashyize mu rurimi rw’Icyongereza agira ati “ Success is only meaningfull and enjoyable if it feels like your own”.

Tugenekereje mu Kinyarwanda, uyu mukinnyi wa filime yashakaga kuvuga ko, intsinzi igira ubusobanuro  ndetse ikishimirwa, igihe yakorewe gusa.

Kugira intsinzi bishobora guterwa no guca mu nzira zitandukanye zirimo no gufashwa, ariko Bahavu Jeannette we, yatangaje ko insinzi yishimirwa ikagira n’ubusobanuro buzima igihe yakorewe ugashoramo imbaraga zawe.

Bahavu wamenyekanye muri filime nka City Maid akamamara no muri filime ye "Impanga Series" yakunzwe n’abatari bake, ndetse ikaba isigaye yarashyizwe mu rurimi rw’Igiswahili mu rwego rwo kwagura isoko rya sinema nyarwanda.

Bahavu ukunze gutangaza ko yageze ku ntsinzi bitewe no gukora cyane ndetse no gukurana inzozi zo kuba umugore ukomeye nyuma ya byinshi yagiye anyuramo birimo n’ubuzima atari yishimiye mu buto.

Yaba mu biganiro akora cyangwa amashusho asakaza ku mbuga nkoranyambaga ze, akunze kugaruka ku nyungu iva mu gukora cyane zirimo no kugera ku nsinzi no kurenga ibihe bibi.

Akoresheje urukuta rwe rwa Instagram yasangije abakunzi be ifoto nziza iherekejwe n’amagambo nkomezi avuga ku ntsinzi n’ibisabwa kugira ngo yishimirwe birimo gukoresha imbaraga no kwiha intego mu buzima.

Uyu mugore wakunzwe na benshi, yubatse izina muri sinema nyarwanda, biba akarusho afatanyije n’umugabo Fleury Legend uziyobora ndetse akanazitunganya, amuba hafi nk’urukundo rw'ubuzima bwe.

Ibi abitangaje nyuma y’iminsi mike atewe imitoma n’umugabo we ku kumunsi wahariwe abakundana wa St Valentin wabaye tariki 14 Gashyantare 2024, agasobanura urukundo amukunda ndetse n’impamvu yamuhisemo mu bandi.


Bahavu yavuze ko intsinzi igira agaciro ikishimirwa igihe yakorewe


Fleury Lendend ati " Ndumva mpiriwe no kukugira mu buzima bwanjye"





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND