RFL
Kigali

Coach Gael washoye hafi Miliyari 2 Frw yakebuye Aba-diaspora

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:12/02/2024 14:47
1


Karomba Gael [Coach Gael] uri mu bashoramari bagezweho mu buhanzi n’ubukerarugendo bushingiye kuri siporo, yagarutse kuri Kigali Universe inyubako ari kuzuza asaba abandi banyarwanda baba mu mahanga kubona amahirwe ari mu rugo.



Coach Gael yinjiye mu buryo bwimbitse mu ishoramari amaze gukorera mu Rwanda, agaruka byihariye ku buryo yabonyemo ko agomba kubyaza umusaruro umwanya mugari uri hejuru ku nyubako ya CHIC.

Mu kiganiro na Televiziyo y'u Rwanda, yatangiye agaragaza ko ahantu bari kubaka hari metero kare zirenga ibihumbi 6,bakaba bari kuhubahaka ku buryo hazaba hari ibibuga by’umupira w’amaguru, imikino y’intoki.

Ariko na none agaragaza ko hazaba hari n’ibindi bikorwa by’amashuri na Resitora ati”Mbega ni ahantu bazajya baza hagahurira ababyeyi bafite ibyo bakora, abana bafite ibyo bakora baze batembere, bakore siporo barye banezerwe.”

Agaruka ku gaciro ka Kigali Universe yavuze ko kugeza ubu bamaze gushora agera muri Miliyoni y’Amadorali ariko bagikomeje kugera kuri Miliyoni imwe n’igice [Miliyari zikabakaba 2Frw].

Agaragaza imbogamizi ku muntu wifuza gushora mu Rwanda ati”Akandi kantu ku ba-Diaspora ntabwo tuba tuzi n'uko ibiciro bihagaze nk’ubu hari ibintu twakoze umuntu yicara akavuga aha twakoze amakosa twari kuza kubikora gutya.”

Ku birebana n'aho imirimo igeze yiyubakwa rya Kigali Universe yagize ati”Ubu turi mu cyiciro cya nyuma cyo gusoza ibikorwa twari duteganije by’icyiciro cya mbere bigeze kuri 90%, ndizera ko ukwezi kwa Werurwe kurangira dutangira gukora.”

Coach Gael yerekanye ko abanyarwanda baba mu mahanga baba bafite amahirwe yo kubona amafaranga kuko ushobora gukora ahantu hatatu mu munsi umwe.

Avuga kandi  ko hose bakwishyura amafaranga afatika ugereranije n'uko isoko ry’amahirwe y’ishoramari rihagaze mu Rwanda, asaba abandi banyarwanda baba muri Diaspora gushora i Kigali kuko mu rugo hahora ari mu rugo kandi urwunguko ruri hejuru. Coach Gael yasabye abandi ba Diaspora gushora mu Rwanda kuko hari amahirwe yo hejuru meza mu ishoramariByinshi mu bikorwa Coach Gael akora abifatanya na Bruce Melodie anabereye Umujyanama mu muziki






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Uzabumwana Jean Paul 5 months ago
    Coach gael nta kosar agira Peu! Imana imushyigikire akomeze ashakishe uburyo Yakomeza guha ubufasha abana babanyarwanda kuzamura impano zabo





Inyarwanda BACKGROUND