Kigali

Kivumbi King arabyinira ku rukoma nyuma yo gushiya hanze ‘Wait’ yakunzwe bikomeye n'abarimo Shaddyboo

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:19/01/2024 9:02
0


Umwe mu bahanzi bari mu bihe byiza byabo, Kivumbi King yagaragaje ibyishimo bimwuzuye umutima nyuma y’uko ashyize indirimbo hanze yakoranye na Axon ikakirwa neza byo ku rwego rwo hejuru.



Uvuze ko mu muziki nyarwanda Kivumbi King ari mu b’imbere kandi igihe kimwe ashobora kuzatungurana mu ruhando mpuzamahanga ntabwo waba ubeshye kuko ibihamya birahari.

Uhereye ku buryo uyu muhanzi yandikamo, avanga kuririmba no kurapa n’uburyo akomeza kugenda aseruka mu bitaramo hafi ya byose bikomeye mu Rwanda no kuba ageregeza gukoresha n’indimi z’amahanga.

Kuri ubu akaba ari mu byishimo bitewe n’uburyo indirimbo igaruka ku nkuru ya benshi y’urukundo aho umuntu usanga akunda undi akajya anifuza ko byibuze banaba inshuti nyamara byaranze cyangwa uwo batandukanye yifuza ko basubiza ibihe inyuma.

Iyi ndirimbo yitwa ‘Wait’ yagiye hanze kuwa 15 Mutarama 2024 ariko ku mbuga nkoranyambaga zose abantu bakomeje kuyifashisha ari nako bayihererekanya n’imibare yayo ku mbuga zicurizwaho umuziki ikaba ikomeje kuzamuka.

Nyuma yo kubona ibi Kivumbi King yagaragaje ko byamushimishije ashimira abakunzi b’umuziki nyarwanda bose uko bayakiye banakomeje kumufasha mu kuyimenyekanisha.

Kivumbi King yagize ati”Icyo nashobora gusa ni ukubashimira, buri umwe ukomeje gufasha mu kumenyekanisha iyi ndirimbo n’umunezero.” Nyuma yo gushimira yanashimangiye ko yatunguwe n’uburyo abantu bayakiye ati”Mu kuri sinari niteze ibyo ndikubona.”  

Mu bantu bamaze kugaragaza ko bakozwe ku mutima n’iyi ndirimbo ishobora kuzaba imwe mu zizandika amateka mu mwaka wa 2024 bazwi barimo Mbabazi Shadia [Shaddyboo] wavuze ko yanyuzwe bikomeye n’iyi ndirimbo akaba akomeje kuyisangiza abamukurikira.

Umukobwa uri mu bagezweho muri iyi minsi Judy, Shema Sugar uri mu ba-Video Vixen bakomeye muri iki gihe, ababyinyi bakomeje guhindura ikibuga cy’imyidagaduro Jojo Breezy, General Benda na Divine Uwa nabo bari mu bakunzi b’umuziki nyarwanda bashimye ‘Wait’ ya Kivumbi King na Axon.

KANDA HANO UREBE UNUMVE 'WAIT'

">

Kivumbi King yashimye buri umwe wese uri gutuma indirimbo 'Wait' ikomeza gutera imbereAri mu bahanzi nyarwanda bahagaze neza kandi bitezwe byinshi birimo no kwambutsa imipaka umuziki nyarwanda birusehoYatangaje ko yatunguwe n'uburyo indirimbo ye 'Wait' abantu bayakiriye kuva yatangira kuyishyira ku mbuga zicururizwaho umuzikiWait Kivumbi King yayikoranye na Axon usanzwe ari umuhanga mu muziki cyane mu gutunganya indirimbo

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND