Kigali

Marina yakabije inzozi yarose mu myaka 5 akorana indirimbo na Ykee Benda-VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:10/01/2024 14:46
0


Ingabire Deborah [Marina Deborah] yamaze gushyira hanze indirimbo yakoranye na Ykee Benda nyuma y’uko we na Bad Rama bari bagerageje bikanga.



Imyaka igiye kuba 7 u Rwanda rwungutse impano nshya y’umuhanzikazi Marina Deborah, muri icyo gihe amaze yakomeje kugenda akora iyo bwabaga ngo ahe abakunzi be ibyiza.Kuri iyi nshuro akaba yabashije kugera ku nzozi yinjiye mu muziki arota, akorana indirimbo  na Ykee Benda.

Mu  kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Marina  yavuze ko bigeze kubigerageza we na Bad Rama bakajya no muri Uganda ariko  bikanga.

Ati”Kuva kera nigeze kumuhiga nkiza mu muziki nka 2019, njye na Bad twagiye Uganda gushaka collabo tumushaka ariko birangira tutayikoze.”

Yongeraho ati”Icyo gihe cyose nakomeje kubigumana mu mutwe, ejo bundi sinzi ukuntu nabonye ko ari mu Rwanda nk’umuntu twigeze kubiganiraho  ndongera ndamubwira.”

Umuhanzikazi Marina yinjira mu muziki yabanje kunyura mu biganza bya Uncle Austin nyuma aza kwinjira muri The Mane Music ya Bad Rama n’ubu bagikorana ariko mu buryo butandukanye na mbere aho Marina yahawe uburenganzira busa n’ubusesuye mu mikorere ye kurusha mbere.

Zimwe mu ndirimbo za Marina yakoze mu myaka itandukanye harimo Byarara Bibaye, Log Out, Tubisubiremo, Decision n’izindi zitandukanye.

KANDA HANO WUMVE UNAREBE INDIRIMBO NDOKOSE YA MARINA NA YKEE BENDA

">

Marina nyuma y'imyaka igera kuri 5 yifuza gukorana na Ykee Benda byarangiye bakoranye iyitwa 'Ndokose'Ari mu bahanzikazi bamaze imyaka itari mike baza mu b'imbere Yatangiye akorana na Uncle Austin yakoranye na The Mane ya Bad Rama n'ubu bagifitanye imikoranire nubwo inyuranye n'iya mbere








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND