FPR
RFL
Kigali

Ababyinnyi b’abakobwa baritinya! Bamwe mu babyinnyi nyarwanda bakomoje ku ngamba nshya za 2024- VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:31/12/2023 13:17
0


Tariki 30 Ukuboza 2023, i Kigali kuri Onomo Hotel habereye ibirori byo kumurika imbyino n’imideli byiswe ‘RIFI Dance & Fashion Show,’ byitabiriwe na bamwe mu banyamideli bakomeye ndetse n’ababyinnyi bakunzwe n’abatari bacye hano mu Rwanda.



Mu kiganiro na InyaRwanda, bamwe mu babyinnyi babigize umwuga kandi bahamya ko batunzwe na byo, batangaje ko batunguwe cyane no kubona hari abakobwa bitinyutse bakagaragaza impano yo kubyina, kuko bamenyereye ko abakobwa babarizwa muri uyu mwuga ari bacye ndetse rimwe na rimwe nabo usanga bitinya cyane.

Uwitwa Shakira Kay wakozwe ku mutima cyane no kubona bagenzi be muri uyu mwuga yagize ati: “Navuga ko nta bakobwa benshi bahari, ariko n’abahari baritinya kuko n’aba ngaba sinari nzi ko ndi bubabone bitewe n’ukuntu mba mbashaka.

Numvaga abakobwa nibaba barimo batari burenge babiri. Abakobwa baracyitinya kubera ko bo ubwabo batariyumvamo imbaraga bafite, baracyameze nk’abitinya bakumva ko ibintu byose biri ku bahungu. 

Hari imbyino tujya tubyina, bakavuga ngo ntibazishobora kuko bumva ko uruganda rwo kubyina ari urw’abahungu cyangwa se n’ababyeyi ugasanga batumye babitinya.”

Jojo Breezy, umwe mu babyinnyi b’abasore bakoze cyane muri uyu mwaka, we yavuze ko yishimira uko bimeze ubu kuko bitandukanye n’uko byahoze kera, aho washakaga umukobwa w’umubyinnyi wiyubashye ndetse ufite intego yo kubigira umwuga ukamubura.

Aganira na InyaRwanda kandi, yatangaje ko yishimira kubona hari abakobwa bakora umwuga wo kubyina kandi babishishikariza n’abandi, avuga ko afite icyizere ko bazagenda biyongera umunsi ku wundi.

Divine Uwa, umukobwa w’umubyinnyi umaze kugera ku rwego mpuzamahanga yavuze ko kimwe mu byamufashije kwitinyuka akinjira muri uyu mwuga ari intego yari afite yifuza kugeraho.

Ati: “Numvaga ngomba kuba umubyinnyi mpuzamahanga kandi nkabigeraho, ndishimira ko ubu natangiye kubigeraho.”

Aba babyinnyi bishimira intambwe bagezeho n’uyu mwaka waranzwe n’akazi kenshi muri rusange, bijeje barumuna babo muri uyu mwuga bagaragaje impano muri ibi birori gukomeza kubatera ingabo mu bitugu nabo bakagera kure.

Babasabye kandi kwirinda ubunebwe bakitoza cyane kuko nabo nk’itsinda ry’ababyinnyi babigize umwuga mu Rwanda ryitwa ‘7 Stars’ ariyo nkingi ya mwamba bagenderaho umunsi ku wundi.

Bijeje abanyarwanda by’umwihariko abakunzi b’ibikorwa byabo kuzakomeza kubaha ibyiza byinshi mu mwaka utaha wa 2024 birimo n’igitaramo bari gutegura, bavuga ko bishimira intambwe ikomeye uyu mwuga umaze kugeraho ugereranije n’uko kera byahoze abantu batarumva neza akamaro kawo.

Jojo Breezy arishimira intambwe ikomeye yateye muri uyu mwaka

Shakira Kay yishimiye kubona hari abakobwa batangiye gutinyuka umwuga w'ububyinnyi

Divine Uwa yashishikarije abakobwa b'ababyinnyi kureka ubunebwe bakimenyereza gukora cyane

Reba hano ikiganiro cyose InyaRwanda yagiranye na bamwe mu babyinnyi nyarwanda babigize umwuga

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND