Umuhanzi Juno Kizigenza yatangaje ko hari ibibazo byivanze mu rugendo rw’ibitaramo “Home Away From Home Tour” we n’umuhanzikazi Ariel Wayz bagombaga gukorera ku Mugabane w’u Burayi mu mpera z’uyu mwaka wa 2023.
Muri
Nyakanga 2023, ni bwo aba bahanzi bombi bari batangaje ko bafite ibitaramo
binyuranye biteguraga gukorera mu bihugu birimo Canada n’ahandi hanyuranye.
Ni ibitaramo
ariko byaje gusubikwa ku mutona wa nyuma, ahanini biturutse ku mpamvu impande zombi
zitahise zitangaza.
Juno
Kizigenza na Ariel Wayz bari bageze kure imyiteguro y’ibi bitaramo, ndetse bari
bamaze no gutegura ikipe yari kubaherekeza mu rugendo, yaba abacuranzi,
abaririmbyi n’abandi bari kubafasha muri ibi bitaramo.
Hari amakuru
avuga ko aba bombi babuze ‘Visa’ ari nayo yabaye imvano yo kutabasha kujya
kuririmba muri biriya bitaramo.
Muri iki
gihe, Juno Kizigenza ari kwitegura gutaramira abakunzi be mu gitaramo ‘Iminsi
myinshi’ cya Dany Nanone kizaba tariki 15 Ukuboza 2023 muri Kigali Conference and
Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.
Juno avuga
ko ari amahirwe adasanzwe yabonye yo guhurira ku rubyiniro na Dany Nanone,
umuraperi yakuze akundira ubuhanga bwe mu ndirimbo.
Asubiza
ikibazo cy’umunyamakuru wa InyaRwanda, Juno Kizigenza yavuze ko iki gitaramo
cya Dany atazagikora yitegura kujya mu bitaramo i Burayi na Ariel.
Yavuze ko
bagiye gufata icyemezo cyo gusubika biriya bitaramo byagombaga kuba mu mpera z’uyu
mwaka kubera ko hajemo ibibazo.
Ati “Imyiteguro
yajemo ibibazo hanyuma turavuga tuti aho kugirango dukore ibitaramo bitari ku
rwego rwiza kandi twifuza reka dufate igihe cyo kwitegura."
Uyu muhanzi
uherutse gushyira hanze Album ye yise ‘Yaraje’, avuga ko kuva basubika biriya
bitaramo batangiye urugendo rwo kugerageza kubikomeza. Ati “Akomeza ati
"Twigije imbere itariki tuzabamenyesha ikindi gihe tuzemeza."
Igitaramo
cya Dany Nanone kizatuma, Juno na Ariel bongera guhurira ku rubyiniro nyuma yo
kuvugwa igihe kinini bo bakundana.
Ingengabihe
y’ibitaramo bari bashyize hanze yerekanaga ko tariki 6 Ukwakira 2023 bari
gukorera igitaramo mu Budage mu Mujyi wa Hambourg, n'aho ku wa Gatandatu tariki
7 Ukwakira 2023 bagataramira mu Mujyi wa Hanover.
Urugendo
rw'ibitaramo rw'abo rwari kuzasozwa ku wa 26 Ugushyingo 2023 bataramira mu
Mujyi wa Paris mu Bufaransa. Kandi bari kuba bari kumwe na Dj Toxxyk.
Ibi bitaramo
byari byateguwe na sosiyete ya Fusion Events ari nayo yatumiye abahanzi barimo
Christopher, Riderman, Davis D, Bruce Melodie, Kivumbi n’abandi gukorera
ibitaramo i Burayi.
Juno
Kizigenza yatangaje ko imyiteguro yo kujya gutaramira i Burayi yajemo ibibazo
bahitamo gusubika
Juno yavuze
ko we na Ariel Wayz bari gukorana mu rwego rwo gusubukura ibi bitaramo
Juno yavuze ko bigije imbere gahunda y’ibi bitaramo kubera ko babonaga imyiteguro itari ku rwego rwiza
Ibi bitaramo byagombaga gusozwa mu mpera z'Ugushyingo 2023
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'AWAY' YA JUNO NA ARIEL
TANGA IGITECYEREZO