Kigali

Bahuruza imbaga! Ubugufi bwa Kevin Hart bwatumye Muhinde yitinyuka

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:17/10/2023 19:55
0


Mugihe bamwe badakunda ubugufi umunyarwenya Kevin Hart na Muhinde bazamuriwe izina n’indeshyo yabo ivugwaho na benshi



Ubugufi bwabo bwatangaje benshi bitewe nuko bari batewe ishema nuko bagaragara byatuma impano yabo ikura bakundwa n’abatari bacye hatitawe uko bareshya.

Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filime Kevin Hart yakunze gutera urwenya avuga ko ubugufi bwe buzashira akaba muremure kuko agikura.Nyamara mu bigaragara ntagikura ahubwo niyo ndeshyo ye yabaga atambutsa urwenya ashimisha abakunzi be.

Nubwo yirengagije amagambo y’abantu bavuga ko ari mugufi bamwe bamugereranya n’ibindi byamamare bifite uburebure buhagije, Kavin Hart we yabyaje umusaruro ubugufi bwe butuma akurikirwa na benshi bimubyarira inyungu.

Ikinyamakuru the Things cyatangaje ko Kevin atagize amahirwe yo kuba muremure nk’abandi, nyamara akabona andi mahirwe yo kwamamara agakuza n’impano ye y’urwenya no gukina filime.

Umunyarwenya Muhinde wamenyekanye muri  Gen-Z Comedy ni umwe mu basore b’abanyarwenya bagufi cyane ariko bubakiye izina ku ndeshyo yabo batewe ishema n'uko bagaragara.

Mu kiganiro na Muhinde yavuze ko afite mereto 1 na Santimetero 60.Mu bigaragarira abantu, umuntu ungana gutya aba ari mugufi ariko ntaho bihurira n’intego z’ubuzima no kubaka ahazaza he.

Bamwe bagira agahinda gakabije  “Depression” bitewe no kumva amagambo y’abantu baseka bavuga ko umuntu ari mugufi ugereranije n’abandi cyangwa haribyo adafite abandi bafite.Nyamara abavuga ibyo birengagiza ko buri muntu avuka akanakura mu buryo atahisemo.

Muhinde yatangaje ko ubugufi bwe bwamwubakiye izina bugatuma akurikirwa na benshi ndetse akabona rugari mu kubaka no kuzamura impano ye y’urwenya yifuza kugeza  kure.

Ikigereranyo kigaragaza ko umunyarwenya Muhinde afite uburebure bungana na Metero 1 na Sentimero 60 mu gihe umunyarwenya Kevin Hart afite Metero 1 na Sentimetero 57 bakarushanwaho sentimetero 3.

Umunyarwenya Muhinde yatangaje ko ari umwe mu bafana bakomeye ba Kevin Hart umunyarwenya w’umunyamerika uherutse mu Rwanda mu birori byo kwita amazina abana b’ingagi.

Ubugufi bwa Kevin Hart butamubujije kwamamara, bwatumye Muhinde nawe yiyumvamo ubushobozi bwo kwesa imihigo ye atitaye ku ndeshyo ye . 


Ni mugufi ukurikije benshi barimo n'ibyamamare ariko ntibyamubujije kwamamara


Umunyarwenya Muhinde atangaza ko ubugufi bwe bwamubakiye izina


Ubugufi bwe bwavugishije benshi 


Bakunze kugaruka ku bugufi bwabo iyo batera urwenya





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND